00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bosco Nshuti yerekanye umukunzi mu gitaramo cyahemburiwemo imitima ya benshi (Amafoto)

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 30 October 2022 saa 10:43
Yasuwe :

Umuhanzi Bosco Nshuti ukorera ivugabutumwa rinyuze mu ndirimbo mu Itorero ADEPR, Umudugudu wa Kumukenke muri Paruwasi Gasave, yerekanye umukunzi we bagiye kurushinga imbere y’imbaga y’abitabiriye igitaramo yahemburiyemo imitima ya benshi.

Iki gitaramo yise ‘Unconditional Love’, cyabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki 30 Ukwakira 2022, ahazwi nka Camp Kigali. Cyaranzwe n’ubwitabire bwo hejuru ndetse abacyitabiriye bafashijwe kwegerana n’Imana binyuze mu ndirimbo zo kuyiramya no kuyihimbaza.

Bosco Nshuti yafashijwe n’abandi bahanzi barimo Alarm Ministries, Alex Dusabe, James & Daniella, Joshua Ishimwe [Josh] ndetse na Deejay Spin wabafashije mu kuvanga imiziki.

Uyu muramyi akunzwe mu ndirimbo zitandukanye zirimo "Ibyo Ntunze", "Umutima", "Utuma nishima", "Ngoswe n’ingabo", "Uranyumva", "Ntacyantandukanya", "Nzamuzura", "Ni wowe", "Dushimire", "Isaha y’Imana", "Ni muri Yesu" n’izindi nyinshi.

Yavuze ko impamvu igitaramo cye yacyise ’Unconditional Love’ ari ukubera ko "Imana yadukunze tukiri abanyabyaha, nta kiguzi twatanze ngo Imana idukunde ahubwo yo yadukunze tukiri babi kuko ari Imana ubwayo ni urukundo".

Muri iki gitaramo, abitabiriye bagaburiwe Ijambo ry’Imana n’Umushumba mu Itorero rya ADEPR, Pasiteri Habyarimana Desiré, wagarutse ku rukundo Imana yakunze abari mu Isi kugeza ubwo itanze umwana wayo w’ikinege kugira ngo abacungure.

Bosco Nshuti yerekanye umukunzi mu gitaramo

Bosco Nshuti yataramiye abakunzi nyuma y’igihe yerekanye mu rusengero umukunzi we witwa, Vanessa Tumushime.

Yamwerekanye mu rusengero rwa ADEPR Mbugangari i Rubavu mu gutangiza umushinga w’ubukwe bwabo.

Aba bombi bamaranye imyaka irenga itatu bakundana. Berekanwe mu rusengero tariki 14 Kanama 2022.

Ubwo yari ageze ku rubyiniro mu gitaramo cyo kuri iki Cyumweru, Nshuti Bosco yasabye umukunzi we, Tumushime Vanessa kuzamuka agasuhuza abacyitabiriye.

Aha ni ho yahise aboneraho umwanya wo kumwereka abaje kumushyigikira muri iki gitaramo, abasaba kuzakomereza kubashyigikira mu rugendo rushya barimo rwo kubana nk’umugore n’umugabo.

Ubukwe bw’aba bombi buteganyijwe mu Ugushyingo 2022.

Muri iki gitaramo, Bosco Nshuti yasabye abamushyigikiye gufata umunota wo kunamira umuhanzikazi Gisèle Precious uherutse kwitaba Imana.

Ati "Twabuze umuhanzi wacu, yari inshuti yacu kandi yaraduhemburaga. Ndagira ngo mureke dufate umunota wo kumwibuka."

Bosco Nshuti ni umuhanzi uririmba ku giti cye, akanabarizwa mu makorali amaze kuba ubukombe ari yo Silowamu ya ADEPR Kumukenke na New Melody.

Ni umuhanzi w’umuhanga mu myandikire n’imiririmbire, watangiye kuririmba kera akiri muto, ahera mu makorali ariko by’umwihariko akaba yaratangiye kuririmba ku giti cye mu 2015.

Bosco Nshuti asanganira umukunzi we Vanessa Tumushime
Yahise amujyana kuri bosebabireba aho abitabiriye igitaramo bashoboraga kumwitegera neza
Yasabye imbaga y'abitabiriye igitaramo cye kubashyigikira mu rugendo batangije rwo kubaka umuryango
Bosco Nshuti yanyuze abitabiriye igitaramo cye yise "Unconditional Love''
Abitabiriye iki gitaramo batashye bahembutse bihagije
Umuramyi Nshuti Bosco uri mu bakunzwe cyane muri ADEPR afite igihembo giheruka mu bitangwa na Groove Awards Rwanda, yegukanye icy'umuhanzi w'umwaka mu 2018
Ihema rya Camp Kigali ryarimo abantu benshi
Bosco Nshuti akunzwe mu ndirimbo zitandukanye zirimo "Ibyo Ntunze" na "Umutima"
Bosco Nshuti yanyuze abitabiriye igitaramo cye yakoreye mu Mujyi wa Kigali
Abaririmbyi b'amajwi meza bari baherekeje Bosco Nshuti
Banyuzwe babyinira Imana
Bafashijwe baramburira Imana amaboko
Umuhanzi Nkomezi Prosper yari yaserutse ngo ashyigikire mugenzi we
Umuhanzi Irimbere Christian usengera muri Evangelical Restoration Church na we yitabiriye iki gitaramo
Ishimwe Joshua na we ari mu bahanzi baririmbye muri iki gitaramo
Umukinnyi wa Filime, Bamenya ari mu bitabiriye igitaramo
Pasiteri Octave Rukundo wa ADEPR Remera azamura isengesho
Pasiteri Habyarimana Desiré yigishije ijambo ry'Imana, ryagarutse ku rukundo Imana yakunze abari mu Isi kugeza ubwo itanze umwana wayo w’ikinege ngo abacungure
Dusabe Alexis yishimiwe n'abitabiriye iki gitaramo
Dusabe Alexis ni umwe mu bahanzi bafite izina rifatika mu muziki uhimbaza Imana
Umuhanzi Mani Martin na we yitabiriye iki gitaramo
Yafashijwe aramburira Imana amaboko nk'ikimenyetso cyo kunyurwa byuzuye
James na Daniella baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana banyuze benshi mu ndirimbo zabo zikunzwe
Daniella afite ijwi ryiza rinyura amatwi y'abamwumva
James aririmba anicurangira gitari

Amafoto: Munyakuri Prince


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .