00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Past Julienne Kabanda agiye kwizihiza imyaka ine ashinze umuryango w’ivugabutumwa

Yanditswe na Mukahirwa Diane
Kuya 24 November 2022 saa 06:23
Yasuwe :

Mu 2018 nibwo Pasiteri Julienne Kabanda yashinze Umuryango w’Ivugabutumwa wa Grace Room Ministries; uhuriza hamwe abantu bavuye mu matorero atandukanye bagamije gusenga no kurushaho kwiyegereza Imana no gufasha abababaye.

Uyu muryango wakoze ibikorwa bitandukanye birimo kugarura abantu mu nzira y’Imana cyane biganjemo urubyiruko rwari rwarabaswe n’uburaya n’ibiyobyabwenge.

Kimwe mu bikorwa bishimira byanatumye bategura igiterane cyo gushima Imana ni uko ubu muri uyu mwaka wa 2022, bamaze gufasha abantu basaga 900 kugarukira Imana ndetse no mu yindi myaka bakaba bari benshi.

Iki giterane cyiswe ‘Your Glory Lord’ kigamije gushima Imana kuko yabashoboje kugera ku bikorwa bitandukanye mu gihe cy’imyaka ine.

Iki giterane cy’iminsi itanu kizitabirwa n’abavugabutumwa batandukanye barimo Pasiteri Mazimpaka Hortense, Umuvugabutumwa w’i Burundi mu itorero rya Oasis Christian Assembly na Charles wo muri Uganda muri Miracle Church.

Umuyobozi wa Grace Room, Pasiteri Julienne K. Kabanda, yavuze ko iki giterane kizibanda cyane ku kuramya no guhimbaza Imana bigamije kugarura abantu mu nzira nziza.

Ati “Muri iki gitaramo hazaba hibanjemo kuramya no guhimbaza Imana bikomeye, cyane biciye mu ndirimbo n’imbyino n’umwanya w’ijambo ndetse n’intego yacu yo gusengera abantu ngo bave ku ngoyi.”

Kabanda avuga ko mu myaka ine amaze akora afite byinshi yungutse gusa anezezwa no kubona hari abagarukira Imana.

Ati “Twatangiye numva ari uguhuza abantu baturutse mu matorero atandukanye tugasenga, ubu ikinshimisha ni ukubona abantu Imana yakijije muri iyi myaka.”

Grace Room ifite intego ko mu myaka irindwi izaba yaragaruye kuri Kirisitu abantu basaga miliyoni ebyiri. Iki giterane kizatangira ku wa 5 Ukuboza kugeza ku wa 11 uku kwezi mu 2022, kizajya kibera kuri Good Shepherd Community Church i Nyarutarama.

Grace Room yateguye igeterane cyizihiza imyaka ine imaze ikora ibikorwa by’urukundo n’ivugabutumwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .