00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mu gitaramo cy’amashimwe, Aline Gahongayire yamuritse umushinga wo kubaka ikigo cy’abana batishoboye (Amafoto)

Yanditswe na Mahoro Vainqueur
Kuya 31 October 2022 saa 08:09
Yasuwe :

Aline Gahongayire wizihiza imyaka 22 amaze mu muziki yashimiye abantu batandukanye barimo umuhanzi Yvan Buravan uherutse kwitaba Imana, batahwemye kumuba hafi muri uru rugendo yagiriyemo inzozi zo kubaka ikigo gifasha abana batishoboye binyuze mu muryango Ineza Foundation.

Yabitangarije mu gitaramo cy’amashimwe ‘Glory Thanksgiving Gala Night’ cyaranzwe no gutarama, ubuhamya bw’abantu batandukanye, gushimira abamufashije muri uru rugendo rw’umuziki n’ibindi bitandukanye.

Gahongayire yavuze ko yakabaye yarizihije imyaka 20 mu muziki bihurirana n’ingamba zari zakajijwe zo kwirinda Covid-19 kuva mu 2020, bituma abisubika.

Iki gitaramo cyabaye ku wa 30 Ukwakira 2022 muri Serena Hotel cyitabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye barimo Ron Adam, Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Ambasaderi wa Sénégal mu Rwanda Doudou Sow, Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda, Bert Versmessen, Umuvunyi Mukuru, Nirere Madeleine n’abandi.

Nk’igitaramo cy’umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana hari abayobozi b’amatorero atandukanye barimo Umushumba Mukuru wa Paruwasi ya Remera mu Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda, Rev Dr. Antoine Rutayisire, Umushumba Mukuru w’itorero Foursquare Gospel, Bishop Dr. Fidele Masengo, Bishop Olive Esther Murekatete n’abandi.

Aline Gahongayire wafashwaga n’abanyeshuri biga muzika ku ishuri rya muzika riri i Muhanga, yaririmbye zimwe mu ndirimbo zitandukanye zakunzwe nka Nzakomeza, Ndanyuzwe, Warampishe, Nta banga n’izindi.

Ni igitaramo yahuriyemo n’abahanzi batandukanye barimo Niyo Bosco barimbanye indirimbo bise ‘Izindi Mbaraga’, Nel Ngabo baririmbanye indirimbo izasohoka kuri album nshya ya Aline Gahongayire ndetse na Masamba Intore.

Gahongayire agiye gushyira imbaraga mu bikorwa by’ubugiraneza

Aline Gahongayire usibye ibikorwa bya muzika ye ihembura imitima ya benshi, asanzwe azwi mu bikorwa by’ubugiraneza no gufasha abatishoboye biciye mu muryango abereye umuyobozi Ineza Foundation.

Uyu muryango ufasha abana bato b’abakobwa bahuye n’ibibazo bitandukanye birimo guterwa inda bakiri bato, abafashwe ku ngufu ndetse n’abandi bafite ubumuga butandukanye n’abatishoboye.

Mu batanze ubuhamya benshi bashimiye Aline Gahongayire, harimo n’umugabo wakuye umugeni mu bana bafashwaga n’uyu muhanzikazi.

Muri iki gitaramo hamuritswe igishushanyombonera cy’umushinga w’inzozi uyu muhanzikazi yifuza ko zazasohora zikaba impamo akubaka ikigo kinini kigamije gufasha abana batishoboye.

Ntihatangajwe umubare w’amafaranga uyu mushinga uzatwara gusa uzubakwa ku butaka bwa hegitari icumi uyu muhanzikazi yahawe buri i Nyamata mu Karere ka Bugesera.

Iki kigo kizaba kigizwe n’ibintu bitandukanye birimo amashuri mato y’abana, urusengero rw’abana, ikibuga cy’abana cy’imyidagaduro n’ibindi bitandukanye bizafasha mu kwita ku bana batishoboye asanzwe afasha.

Iki gitaramo Gahiongayire yagituye Yvan Buravan

Iki gitaramo kigana ku musozo hatanzwe ubuhamya bw’umwana muto w’umuhungu utatangajwe amazina wavuze uburyo ubuzima bwe bwahindutse akimara guhura na Yvan Buravan bahujwe na Aline Gahongayire.

Aline yahishuye ko Buravan nubwo yitabye Imana ku wa 17 Kanama 2022 yasize yishyuriye ishuri uyu mwana w’umuhungu wamaze imyaka myinshi arara hanze, ubu ubuzima bwe bukaba bwarahindutse.

Ati “Ndagira ngo mbamenyeshe ko Buravan yasize yishyuriye umwana amashuri nubwo yitabye Imana , uyu mwana akimenya amakuru y’uko Buravan yapfuye, twamuzanye iwanjye, yamaze icyumweru cyose abyuka akarira.”

Gahongayire yavuze ko iki gitaramo agituye Yvan Buravan wamubaye hafi mu bikorwa bitandukanye by’ubugiraneza agenera impano umuryango we.

Hahise haririmbwa indirimbo uyu muhanzi yasize akoze yise ‘Ni Yesu’ iri kuri Album ye ya nyuma yise ‘Twaje’.

Gahongoyire yaririmbye nyinshi mu ndirimbo ze zakunzwe
Alien Gahongayire yasezeranyije abakunzi be ko agiye gukomeza gukora byisumbuyeho
Aha Aline Gahongayire yari kumwe n'umubyeyi we (iburyo)
Aline Gahongayire yashimiye umuryango wa Kina Music nka studio akoreramo ibihangano bye
Aline Gahongayire yashimiye umuhanzi Aime Uwimana
Aline Gahongayire yizihije imyaka 22 amaze akora umuziki
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Ron Adam (ibumoso), usanzwe ari inshuti ya benshi mu bahanzi mu Rwanda yari muri iki gitaramo
Ntarindwa Diogene uzwi nka Atome niwe wari uyoboye iki gitaramo
Dj Brianne yari yicaranye na Rev Dr. Antoine Rutayisire
Barbara Umuhoza ni umwe mubari bayoboye iki gitaramo
Doudou Sow, Ambasaderi wa Sénégal mu Rwanda yari yitabiriye
Gahongayire na Masamba bafite indirimbo izasohoka kuri album nshya y'uyu muhanzikazi
Ingabire Marie Immaculée yari yitabiriye iki gitaramo
Iyi mpano yahawe umuryango wa Yvan Buravan yakozwe na Ndamwibutsa Theonestine
Masamba intore n'umukobwa we bari bitabiriye
Masamba Intore yaririmbye indirimbo yakoranye indirimbo na Aline Gahongayire
Nyarwaya Yago na Sengabo Jean Bosco (Fatakumavuta) bari muri iki gitaramo
Nel Ngabo na Aline Gahongayire baririmbana indirimbo bafitenye izasohoka kuri album nshya ya Gahongayire vuba aha
Ruti Joel na Masamba Intore
Umuryango wa Masamba ukata umutsima na Aline Gahongayire
Ubishoboye yafataga agafoto ku urwibutso
Umuryango wa Yvan Buravan wahawe impano muri iki gitaramo cyatuwe Yvan Buravan

Kanda hano ubona andi mafoto menshi

Amafoto: Igirubuntu Darcy


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .