00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kim Kardashian yihanangirijwe kubw’izina ashaka guha sosiyete ye ya ‘Make up’

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 1 August 2021 saa 07:46
Yasuwe :

Nyuma y’amakuru aherutse gutangazwa ko Kim Kardashian umenyerewe cyane mu ruganda rw’imideli muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, agiye kuvugurura sosiyete ye ikora ibyiganjemo ‘make up’ ya KKW Beauty, Inc, akanayihindurira izina ikaba yakwitwa “SKKN”, yahawe urwandiko ruzwi nka Cease and Desist Letter yihanangirizwa.

Uru rwandiko uyu mugore yarwohererejwe n’abanyamategeko ba sosiyete isanzwe yitwa Beauty Concepts LLC isanzwe ifite indi ikora ibijyanye na make up yitwa SKKN+.

Mu rwandiko rwahawe Kim Kardashian nk’uko TMZ yabitangaje, ngo iyi sosiyete ivuga ko imaze imyaka ine ikoresha izina SKKN+, ndetse ikaba yarashoye amafaranga menshi bityo imbaraga zashyizwe mu kubaka izina ryabo zidakwiriye kumirwa na sosiyete ya Kim Kardashian.

Rukomeza ruvuga ko iyi sosiyete isanzwe ifite website ndetse n’imbuga nkoranyambaga bakoreshaho aya mazina, bityo abantu bashobora kuzajya babitiranya na sosiyete ya Kardashian.

Iyi sosiyete ikorera muri Amerika ivuga ko ifite ibyangombwa byose bigaragaza ko iri zina irimaranye igihe.

Umunyamategeko wa Kim Kardashian, Michael G. Rhodes, yabwiye TMZ ko batunguwe no kubona mu itangazamakuru bari kwandika ko biyitiriye izina ry’iyi sosiyete kandi bateganyaga kugirana ibiganiro.

Ati “Twishimira kuzamura abantu bafite ubucuruzi bukiri hasi, ndetse rwose dukuriye ingofero nyiri iyi sosiyete Cydnie Lunsford, ariko ikibazo ni uko tutigeze dukora ikintu cyatuma ajya mu mategeko.”

“Twatengushywe no kubona yirukira mu itangazamakuru kandi twateganyaga kugirana ibiganiro nk’uko umunyamategeko we yabidusabye. Ntabwo twemeranya n’uru rwandiko rwe, twizeye ko twakemura ibi bintu mu buryo butabangamiye uruhande na rumwe.”

Mu ntangiro za Nyakanga nibwo Kim Kardashian yatangaje ko agiye kuvugurura sosiyete ye ya KKW Beauty, Inc. ikora ibyiganjemo ‘make up’.

Kim Kardashian yatangaje ko hari byinshi ashaka gukora by’impinduka birimo uburyo ‘make up’ zizajya zifungwa, uko zimeze, izina ndetse n’ibindi bijyanye cyane n’igihe kurusha uko byari bisanzwe bimeze.

Ntabwo yigeze asobanura impamvu yatekereje gukora impinduka, ntiyanavuze ko azahindura izina ariko byaketswe ko yaba ashaka no kuvanamo irya Kanye West mu mazina ya sosiyete ye.

Kim Kardashian ni umwe mu bagore bafite izina rikomeye mu bijyanye n'imideli ndetse n'ubushabitsi bujyanye no gukora make up

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .