Alpha Rwirangira ubu ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aratangaza ko ateganya kugaruka mu Rwanda mu mpera z’Ukuboza aho azaba aje gukora ibitaramo bitandukanye.
Aganira na IGIHE ku murongo wa telefone, yagize ati “Nkubwije ukuri nkumbuye mu Rwanda cyane, nkumbuye umuryango wanjye ndetse no gutaramira abakunzi banjye. Numva mfite imbaraga zidasanzwe n’ubundi bumenyi nshobora kuba maze kwiyongeraho hano muri USA. Ndifuza kuzaza nkashimisha Abanyarwanda birenze ku byo nakoraga nkiri mu Rwanda.”
Kuri ubu Alpha Rwirangira abarizwa mu nzu itunganya umuziki ya “Press One” ihuriwemo n’abandi nka The Ben, Meddy, K8 Kavuyo bakorerwa indirimbo na Lick Lick na we w’Umunyarwanda.
TANGA IGITEKEREZO