‘Birakaze’ ni indirimbo ya Alpha afatanyije na Kidum Kibido. Iyi ndirimbo yasohotse no mu buryo bw’amashusho, irimo amagambo y’urukundo aho Kidum aba agira inama Alpha uko yabyitwaramo ngo abwire umukobwa ko amukunda mu gihe aba yaramutinye agira ati: ‘Birakaze’.
Iyi ndirimbo mu buryo bw’amajwi n’amashusho yakorewe mu Rwanda, ikorwa na Producer David muri Future record.
’Birakaze igiye hanze nyuma y’igihe kinini itunganywa kuko bayikoze ubwo Alpha yazaga mu Rwanda mu mwaka wa 2012 avuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari na ho yiga kugeza ubu.
Alpha Rwirangira ni umuhanzi w’Umunyarwanda wiga muri Amerika. Yamenyekanye cyane ubwi yatwaraga irushanwa rya Tusker Project Fame ribera muri Kenya. Kuva ubwo, yabaye ikirangirire mu Karere. Kidum nawe ni umuririmbyi ukomoka mu Burundi, akaba akunze kuba muri Kenya ariko agakora ibitaramo hirya no hino ku isi.
Umva iyi ndirimbo hano:
TANGA IGITEKEREZO