00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umubyeyi wa A. Rwirangira yari atewe amatsiko n’imitsindire y’umuhungu we mu ishuri

Yanditswe na

Vénuste Kamanzi

Kuya 18 December 2012 saa 10:04
Yasuwe :

Ubwo Bizima Joseph, umubyeyi w’umuhanzi Alpha Rwirangira yari yaje kwakira umuhungu we ku kibuga cy’indege avuye kwiga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko agiye kumubaza uko yitwaye mu masomo ndetse n’akamaro ibyo yize biri kumugirira.
Alpha Rwirangira yavuye mu Rwanda mu mpera za Mutarama 2012, agiye gukomeza amasomo muri kaminuza.
Yagarutse mu mu Rwanda ku wa 16 Ukuboza 2012, mu gihe cy’ukwezi kw’ibiruhuko akazanakoramo igitaramo yise ‘Alpha Band with Families 2’.
Umubyeyi we (...)

Ubwo Bizima Joseph, umubyeyi w’umuhanzi Alpha Rwirangira yari yaje kwakira umuhungu we ku kibuga cy’indege avuye kwiga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko agiye kumubaza uko yitwaye mu masomo ndetse n’akamaro ibyo yize biri kumugirira.

Alpha Rwirangira yavuye mu Rwanda mu mpera za Mutarama 2012, agiye gukomeza amasomo muri kaminuza.

Yagarutse mu mu Rwanda ku wa 16 Ukuboza 2012, mu gihe cy’ukwezi kw’ibiruhuko akazanakoramo igitaramo yise ‘Alpha Band with Families 2’.

Umubyeyi we Bizima yadutangarije ko afite ibyishimo byo kuba umuhungu we agarutse avuye kwiga, ati “Yari ari mu mahanga yiga; ngiye kumubaza icyo yize, icyo amaze kugeraho, ibyo yumva akunze cyane hariya, n’ibindi.”

Mu gihe umubyeyi we yavugaga ko yiteguye kumubaza uko yitwaye mu masomo, Alpha Rwirangira we yadutangarije ko yatsinze kandi neza.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .