00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Dream Boyz barerekana abakunzi babo mu gitaramo cya St Valentin

Yanditswe na

Kalinda Brendah

Kuya 14 February 2015 saa 10:43
Yasuwe :

Platini na TMC bagize itsinda rya Dream Boyz bemeje ko ku munsi wa St Valentin bagomba kwereka abakunzi babo mu ruhame mu gitaramo bari bukorera kuri Classic Hotel.
Aba bahanzi bombi bari basanzwe bafite abakunzi ariko badakunze kuberekana mu ruhame bakaba biyemeje kubereka abafana babo bari bwifatanye na bo muri iki gitaramo.
TMC yabwiye IGIHE ko umunsi wa St Valentin awufata nk’umunsi usanzwe ariko iyo hiyongereyeho ko ari umunsi w’abakundanye awuha agaciro kandi akawubahira abawizihiza. (...)

Platini na TMC bagize itsinda rya Dream Boyz bemeje ko ku munsi wa St Valentin bagomba kwereka abakunzi babo mu ruhame mu gitaramo bari bukorera kuri Classic Hotel.

Aba bahanzi bombi bari basanzwe bafite abakunzi ariko badakunze kuberekana mu ruhame bakaba biyemeje kubereka abafana babo bari bwifatanye na bo muri iki gitaramo.

TMC yabwiye IGIHE ko umunsi wa St Valentin awufata nk’umunsi usanzwe ariko iyo hiyongereyeho ko ari umunsi w’abakundanye awuha agaciro kandi akawubahira abawizihiza.

Yagize ati, “Gukundana ni uguhozaho, rero St Valentin numva ari umunsi usanzwe ariko nkawubahira abawizihiza. Kuri uwo munsi nanjye ngomba kwerekana umukunzi wanjye, abafana bazitabira igitaramo cyacu bazamubona”.

Mujyanama Claude(TMC) na mugenzi we Platini ngo biyemeje kwerekana abakunzi babo kuri uyu munsi wagenewe abakundanye.

Dream Boyz kandi bari mu myiteguro yo kumurika album yabo ya Gatanu bise ‘Nzibuka n’abandi’ biteganyijwe ko izajya hanze muri Werurwe 2015 mu gitaramo cya Live aba bahanzi bazakorera mu Mujyi wa Kigali ahantu batarahitamo neza.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .