Jozy, uheruka kuza ku rutonde rw’abahanzi 20 mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star II, yibarutse umwana w’umuhungu kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Nyakanga 2013.
Jozy, wibarukiye mu bitaro byo ku Muhima, yibarutse nta kibazo agize kandi we n’umwana ubu bameze neza.
Mu kiganiro yaherukaga kugirana na IGIHE, Jozy yari yabwiye umunyamakuru ko uyu munsi ari wo umuganga wamukurikiraniraga hafi yari yaramubwiye ko azibarukiraho.
Jozy, w’imyaka 22, asanzwe uba iwabo mu rugo mu Gatsata, aho abana n’ababyeyi be. Ntiyashimye gutangaza amazina ya se w’uyu mwana. Jozy asobanura ko uyu se ari umuntu bamaranye igihe bakundana, ariko bitari ngombwa ko yajya mu itangazamakuru.
IGIHE duheruka kubatangariza ko Jozy yahimbye indirimbo yitwa “Toi Mon Petit Bebe”, yahimbiye umwana we, ayitura abagore babyarira iwabo (fille mere).
Umva indirimbo "Toi Mon Petit Bebe” hano:
Umva indirimbo “L’Amour, La vie, La Mort” hano:
TANGA IGITEKEREZO