00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kamichi yasubukuye ibitaramo byo kuzenguruka u Rwanda; agiye kwerekeza i Rusizi

Yanditswe na

Richard Irakoze

Kuya 5 August 2013 saa 01:22
Yasuwe :

Umuhanzi Cardinal Kamichi azerekeza muri iki Cyumweru mu Karere ka Rusizi, aho azakorera ibitaramo bibiri kuri uyu wa Gatanu no kuwa Gatandatu.
Ibi bitaramo bizabera ahantu hazwi ku izina ryo “Ku Bagore”, Centre de Reunement des Femmes.
Aganira na IGIHE, Kamichi yavuze ko ibi bitaramo bizakurikirwa n’ibindi azakorera mu turere twa Karongi (Kibuye), Rubavu na Musanze, muri gahunda yari yaratangiye yo kuzenguruka u Rwanda mu bitaramo.
“Nari natangije gahunda yo gukora ibitaramo nzenguruka hose (...)

Umuhanzi Cardinal Kamichi azerekeza muri iki Cyumweru mu Karere ka Rusizi, aho azakorera ibitaramo bibiri kuri uyu wa Gatanu no kuwa Gatandatu.

Ibi bitaramo bizabera ahantu hazwi ku izina ryo “Ku Bagore”, Centre de Reunement des Femmes.

Aganira na IGIHE, Kamichi yavuze ko ibi bitaramo bizakurikirwa n’ibindi azakorera mu turere twa Karongi (Kibuye), Rubavu na Musanze, muri gahunda yari yaratangiye yo kuzenguruka u Rwanda mu bitaramo.

Kuwa Gatanu no kuwa Gatandatu Kamichi azataramira i Rusizi

“Nari natangije gahunda yo gukora ibitaramo nzenguruka hose mu ntara z’u Rwanda. Byagombye kuba byararangiye ni uko nari nabanje kwitabira amarushanwa ya Primus Guma Guma bigatuma mba nsubitse ibyo bitaramo kuko ayo marushanwa yantwaraga umwanya munini”.

Kamichi yari yarataramiye mu Karere ka Nyagatare mu Ntara y’i Burasirazuba.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .