00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Oda Paccy yifotoje yambaye ubusa, bigora amaso y’umufotozi

Yanditswe na Munyengabe Murungi Sabin
Kuya 28 September 2017 saa 05:08
Yasuwe :

Umuraperi Uzamberumwana Pacifique [Oda Paccy] asa n’uwakataje mu kugaragaza ko ari umuntu mushya ndetse ko atari uguta umuco no kwiyandarika nk’uko babimuvugaho bishingiye ku mafoto amaze iminsi ashyira hanze.

Ni kenshi uyu muhanzi yagiye anengwa kubera gushyira hanze amafoto bamwe bafata nk’urukozasoni ariko we akavuga ko ‘abikora abizi neza kandi abigambiriye’.

Yongeye kuvugisha abantu biturutse ku ifoto yakoresheje ku ndirimbo yitegura gusohora yise ‘Order’ [afatanyije na Urban Boyz]. Ku ifoto, Oda Paccy yari yambaye uko yavutse uretse urukoma yakinze ku gice cy’amabere rukanakingiriza hagati y’amaguru.

Oda Paccy ashize amanga, yahamije ko kwifotoza atya ari ibintu yumva ko “bigezweho kandi bigaragaza umwihariko w’umuhanzi”. Ati “Nifotoje gutya kugira ngo nzane impinduka, ibintu bikwiye guhinduka.”

Kuri iyi foto, Paccy yari yiyambuye byose uhereye ku musatsi kugeza ku mano. Mu kugerageza guhisha ubwambure, yagerageje gusa n’utsindagira ikiganza ahegereye imyanya y’ibanga ariko ahandi hose hararangaye.

Uyu muraperi usigaye yifotoza mu buryo bushotora abamukurikira ndetse bigatuma bamutindaho bamuvuga, aya mafoto y’ubwambure yayifotoreje kuri Stipp Hotel mu Kiyovu.

Paccy ati “Mu kwifotoza nagerageje gushaka ahantu hajya kuba nk’agashyamba mbese hasa icyatsi, hariya hari hajyanye n’ibyo nifuzaga kugeraho. Ni mu Kiyovu kuri Stipp Hotel.”

Ubwo bari mu gikorwa cyo gufata aya mafoto, bisa n’ibyari ihurizo ku mufotozi! Oda Paccy abajijwe uko yabigenje[mu mwambaro wa Eva] kugira ngo abashe guhagarara imbere y’umusore ntamurunguruke, atazuyaje ati “Naramubwiraga akipfuka mu maso nkabanza ngatunganya ikoma neza ubundi agafotora.”

Yongeyeho ati “No kwambara kuriya nta kindi nari ngamije, byari uguteza imbere gahunda ya Made in Rwanda. Nonese kuki abanyamideli biyerekana bambaye ibirere mukabona ari byiza? Nanjye nibyo nahisemo kandi byari byiza.”

Paccy yasobanuye ko nta sano iri hagati y’ubutumwa buri mu ndirimbo agiye gusohora n’iyi foto, ngo yabikoze agamije kuzana impinduka gusa. Ati “Nta huriro, ni uguhindura ibintu gusa, icyo nshaka kwerekana ni nko kuvuga ngo wabishaka utabishaka tugomba kuzamura Made in Rwanda.”

Indirimbo nshya ya Paccy na Urban Boyz izajya hanze bidatinze, yatunganyijwe na Producer Junior.

Oda Paccy yifotoje atya ashaka kwamamaza indirimbo ye yitwa Order
Ni umuhanzi wita ku buryo agaragara ku mafoto

Amafoto: Mahoro Luqman


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .