00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abarimo Massamba na Mariya Yohana bagiye guhurira mu gitaramo cyo gushimira Inkotanyi

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 7 July 2022 saa 07:57
Yasuwe :

Abahanzi Massamba Intore, Mariya Yohana, Jules Sentore na Ruti Joel bagiye guhurira mu gitaramo cyo kwizihiza umunsi wo kwihobohora wabaye kuri uyu wa Mbere tariki 4 Nyakanga 2022.

Ni igitaramo giteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki 8 Nyakanga 2022 muri Camp Kigali. Cyiswe “Inkotanyi Cyane”.

Kugeza ubu abahanzi bose bari mu myuteguro y’iki gitaramo kigamije kugaruka ku ho igihugu cyavuye naho kigeze uyu munsi, n’inzira yakihejeje ku “Kwibohora”.

Massamba yavuze ko iki gitaramo kizaba kirenze kuba igitaramo. Ati “Iki gitaramo kizaba kirenze igitaramo. Ni igitaramo tuzakoreshamo indirimbo twakoresheje mbere yo kwibohora na nyuma yaho zifashishwaga n’Inkotanyi mu guterana imbaraga ku rugamba.”

Impamvu aba bahanzi bahujwe bari mu bisekuru bitandukanye ni uko abateguye iki gitaramo bashakaga ko buri wese acyisangamo.

Kwinjira muri iki gitaramo ni 10.000 Frw mu myanya isanzwe, 20.000 Frw muri VVIP ndetse na 400.000 Frw ku meza y’abantu umunani.

Jules Sentore na Massamba bagiye guhurira mu gitaramo cyo kwizihiza umunsi wo Kwibohora
Mariya Yohana azaba ari muri iki gitaramo
Ruti Joel ategerejwe muri iki gitaramo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .