00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Igitaramo cya Magic System i Kigali cyasubitswe ku munota wa nyuma

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 3 July 2022 saa 08:30
Yasuwe :

Itsinda ry’abanya-Côte d’Ivoire rya Magic System ryamenyekanye cyane mu muziki muri Afurika, ntabwo ricyitabiriye igitaramo ryari ritegerejwemo mu Rwanda.

Abagize iri tsinda bari bategerejwe mu Rwanda mu isozwa ry’iserukiramuco rya “AIC x MOCA Summit & Festival” riri kubera mu Rwanda rihuza abakora ubuhanzi butandukanye.

Ni iserukiramuco ryatangiye ku wa 30 Kamena rikaba rigomba gusozwa kuri iki Cyumweru tariki 3 Nyakanga 2022.

Aba bahanzi bagombaga kuririmba mu gitaramo gisoza iri serukiramuco cyagombaga kubera mu ’Imbuga City Walk’ mu Mujyi wa Kigali rwagati ahahoze hitwa ’Car Free Zone’.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’abari bateguye iki gitaramo, bavuze ko cyahagaze kubera impamvu z’ubukungu n’izindi zirenze ubushobozi bwabo. Ntabwo higeze hatangazwa niba abari baguze amatike yo kureba iri tsinda barasubizwa amafaranga yabo.

Kwinjira muri iki gitaramo byari kuba 7.000 Frw ku baguze amatike mbere, 10.000 Frw ku bagombaga kuyagurira ku muryango ndetse na 15.000 Frw mu myanya y’icyubahiro.

Magic System yashingiwe i Abidjan mu 1996, igizwe n’abaririmbyi Salif "Asalfo" Traoré, Narcisse "Goude" Sadoua, Étienne "Tino" Boué Bi na Adama "Manadja" Fanny, bose bazazana i Kigali nta gihindutse.

Iri tsinda ryamenyekanye mu ndirimbo nka “Magic In The Air” bakoranye na Chawki, “Premier Gaou” , “C’est chô, ça brûle !!!” n’izindi.

Magic System ntabwo ikije mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .