00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Daniel Ngarukiye yakirigitiye inanga nyarwanda kuri France5 (Video)

Yanditswe na Peacemaker Pundit
Kuya 6 April 2024 saa 03:30
Yasuwe :

Umunyarwenya wo mu Bufaransa, Gaël Kamilindi yataramiye abakurikira France5, mu kiganiro cyitwa La Grande Librairie, aho yaherekejwe n’umukirigitananga Daniel Ngarukiye.

Muri iki kiganiro cyatambutse ku itariki 5 Mata 2024, Gaël Kamilindi yasize kimwe mu bisigo bya nyina watabarutse ubwo Kamilindi yari afite imyaka itanu y’amavuko.

Ni igisigo cyitwa ‘Culbuter le malheur’ kizagaragara muri filime mbarankuru yitwa ‘Didy’ izasohoka ku itariki 28 Gicurasi 2024.

Iyi filime izagaragaramo Gaël Kamilindi na François-Xavier Destors izaba igaruka ku buzima bw’uyu mubyeyi. Izerekanwa bwa mbere mu nzu ndangamurage yitwa Shoah iri i Paris.

Ubwo Gaël Kamilindi yasomaga icyo gisigo yajyanaga n’inanga iryoheye amatwi yakirigitwaga na Daniel Ngarukiye.

Kamilindi yavukiye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, akurira mu Busuwisi.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .