00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Byendagusetsa! Ni nde umutware atanesha?

Yanditswe na IGIHE
Kuya 14 January 2021 saa 03:55
Yasuwe :

1.Umunya-Kinyaga yabonye intumbi y’umuzungu i Kivu cyishe kimujaburira ku nkombe, n’uko afata inkoni iyo ntumbi ayikubita ibiboko umunani ari nako ayibwira ati ‘Nkwishyure izo wankubise”. Benewabo b’uwo mugabo bamubonye baramubwira bati ‘ko ukubita intumbi byagenze bite?. Arabasubiza ati “Mwe ntwari muzagende mukubite umuzungu muzima, uyu niwe nshoboye ndakaba imbunda yavugiye i Shangi!”

2. Shefu Kaberuka ka Gakwandi yaryamishije umuturage hasi agira ngo amukubite ibiboko umunani, amukubise icya mbere arataka ati ‘bwi’, abari aho baraseka. N’uko uwakubitwaga ati ‘ko numva munseka neshejwe n’umutware, uwo atanesha muri mwe ni nde? Shefu yarasetse ahita arekera aho kumukubita.

3.Umuja yanyuze mu masaka asanga haguye ingwe ashaka kuyibaga ngo yambare uruhu rwayo. Icyakora mbere yo kuyibaga yabanje kwinja nyirabuja ngo atayimubonana bikamukoraho [Uruhu rw’ingwe rwambarwaga n’abifite].

Ni ko kumubaza atamweruriye ati ‘mabuja bijya bibaho ko umuja yakwambara ingwe? Undi aramusubiza ati “Yayambara se ayikuye hehe? Umuja amaze kurita mu gutwi arihorera ati “Ihii! Ngaho nibore!"

Byakuwe mu gitabo “Ibitaramo ku mateka y’u Rwanda’ cya Zephrin Kagiraneza


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .