00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Eric Omondi yasesekaye i Kigali aho yitabiriye igitaramo cya Seka Live (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 29 December 2019 saa 02:26
Yasuwe :

Umunyarwenya w’Umunya-Kenya Eric Omondi yageze mu Rwanda aho ari umwe mu barasusurutsa abaritabira igitaramo cya ‘Seka Live’ giteganyijwe kuri iki Cyumweru.

Uyu musore w’imyaka 42 yageze ku kibuga cy’indege i Kanombe mu masaha ya mbere ya saa sita kuri iki Cyumweru. Aganira n’itangazamakuru yavuze ko abantu baraza kwitabira abahishiye byinshi.

Ati “Uyu munsi abantu bategereje kwitabira igitaramo cya Seka Live bitegure umuriro.”

Yabajijwe uko uruganda rw’urwenya muri Afurika y’Iburasirazuba ruhagaze, avuga ko rumaze gutera imbere ku buryo abantu batagihanga umuziki amaso gusa nk’uko byari bimeze mu gihe cyashize.

Yemeza ko igituma ahora mu banyarwenya bakunzwe muri Afurika ari uko atera urwenya agendeye ku bigezweho.

Eric Omondi yaherukaga i Kigali muri ‘Seka Fest 2019’ yabaye kuwa 31 Werurwe 2019.

Yavutse kuwa 17 Nzeri 1977. Ni umunya-Kenya ukunze kugaragara kuri Televiziyo zitandukanye.

Ategerejwe mu gitaramo gikomeye kiraba kuri uyu wa 29 Ukuboza 2019 muri Marriott Hotel arahuriramo na Loyiso Madinga wo muri Afurika y’Epfo [nawe wanamaze kugera mu Rwanda mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu] n’abandi bo mu Rwanda nka Herve Kimenyi, Merci, Milly, Patrick n’abandi.

Eric Omondi aha yari ari kuganira na Rutura waje kumwakira
Budandi Nice ureberera inyungu za Arthur Nation asuhuzanya na Omondi
Eric Omondi yageze ku kibuga cy'indege agirana ikiganiro n'itangazamakuru
Eric Omondi yageze ku kibuga cy'indege aherekejwe n'uyu mukobwa
Rutura asuhuzanya na Omondi
Nkusi Arthur yari yaje kwakira umunyarwenya Omondi
Ubwo Omondi yasohokaga ku kibuga cy'indege i Kanombe
Uyu musore yageze i Kanombe agaragaza akanyamuneza ku maso

Amafoto: Hardy Uwihanganye


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .