00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Igisupusupu n’abanyarwenya bakomeye mu Rwanda bagiye guhurira mu gitaramo gikomeye i Musanze

Yanditswe na IGIHE
Kuya 15 December 2019 saa 03:45
Yasuwe :

Nyuma y’igihe kinini abanyarwenya bakomeye mu Rwanda bafatanya n’Uruganda rukora ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rwa Skol Brewery Limited Rwanda, gukora ibitaramo byo kuzenguruka utubari mu Mujyi wa Kigali, ubu bagiye kwerekeza i Musanze mu gitaramo cyanatumiwemo Nsengiyumva François wamamaye nka Igisupusupu.

Ni ibitaramo by’uruhererekane byatangiye muri Nzeri uyu mwaka bikazenguruka mu tubari two mu duce nka Kagugu, Nyarutarama, Remera, Kanombe n’ahandi hatandukanye mu Mujyi wa Kigali.

Ibi bitaramo bigamije gufasha abakunzi ba Skol Lager kwishima bisomera kuri aka gasembuye kaba kashyizwe ku giciro cyo hasi ariko banabasha kwisekera nta mbereka bitewe n’abanyarwenya baba bakereye kubarwaza imbavu.

Ubu noneho ibi bitaramo bitangiye kugezwa mu ntara aho ku ikubitiro bigiye kubera mu majyaruguru, mu karere ka Musanze.

Abanyarwenya bazasusurutsa abazitabira iki gitaramo barimo Babu, George, Joshua, Clapton Kibonge, Ndimbati n’abandi benshi.

Naho abahanzi bazasusurutsa iki gitaramo bazaba barangajwe imbere na Nsengiyumva François, Kivumbi King ugezweho mu ndirimbo zitandukanye zirimo iyo yise ‘Madam’ ndetse na Maylo uri mu bahanzi bakomeye bo muri aka karere ka Musanze. Umuziki uzavangwa na Dj Shooter.

Kwinjira muri iki gitaramo kizabera muri Fatima Hotel bizaba ari 3 000 Frw ku bantu basanzwe na 2 000 frw ku banyeshuri. Kizatangira saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba kirangire saa tanu.

Ushaka kumenya andi makuru ajyanye na byinshi kuri iki gikorwa, wanyura ku mbuga nkoranyambaga za Skol zirimo Facebook @SkolLagerRwanda na Instagram @Skol_lager.

Skol yenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye by’umwimerere birimo Panache Lemon, Skol Lager, Skol Malt, Skol 5, Virunga Mist, Virunga Gold n’ibindi kandi byose biboneka mu macupa abereye ijisho bikagira n’icyanga ntagereranywa.

Igisupusupu n'abanyarwenya bakomeye mu Rwanda bagiye gukorera igitaramo mu Mujyi wa Musanze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .