00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Anne Kansiime agiye kugaruka i Kigali mu isura nshya

Yanditswe na Mahoro Vainqueur
Kuya 29 August 2023 saa 08:35
Yasuwe :

Umunyarwenya Anne Kansiime agiye gutaramira i Kigali mu buryo butandukanye n’ubumenyerewe kuri we, dore ko azagaruka mu isura y’umuririmbyi wa Reggae ubihuza no gutera urwenya .

Uyu munyarwenya uri mu bakunzwe cyane muri Afurika y’Uburasirazuba, ategerejwe muri Seka Live isoza Nzeri 2023.

Amakuru IGIHE yamenye avuga ko uyu munyarwenya kuri iyi nshuro azagarukana i Kigali itsinda ry’abacuranzi be bazamufaha gucurangira abazitabira Seka Live nawe akaba umuririmbyi.

Ikindi kidasanzwe kuri uyu munyarwenya, ni uko azaba aherekejwe n’itsinda ry’abanyarwenya bashya arigufasha kuzamura impano zabo.

Uwaduhaye amakuru yagize ati “Yego byamaze kwemezwa azaza, gusa kuri iyi nshuro bizaba bitandukanye. Urabizi ko ajya aririmba, ubu rero azaza ari umuririmbyi wa Reggae ndetse azazana n’itsinda ry’abanyarwenya atoza.”

Anne Kansiime ugiye gutaramira i Kigali rimwe na rimwe acishamo akaririmba nubwo benshi bamuzi mu bikorwa bitandukanye by’urwenya.

Ijwi rya Kansiime ryumvikanye mu ndirimbo yakoze zirimo , “Mparo” yakoze mu ntangiro ya 2023, “My Africa” yakoze mu 2019 ,“Sit Down” yo mu 2019, n’izindi.

Uyu munyarwenya w’imyaka 31 aheruka gutaramira i Kigali muri Nzeri 2022 nabwo yari yitabiriye Seka Live.

“Mparo” imwe mu ndirimbo za Kansiime Anne

“My Africa” indirimbo Anne Kansiime yakoze mu 2019

Kansiime Anne agiye gutaramira i Kigali nk'umunyamuziki ubifatanya no gutera urwenya
Kansiime aheruka i Kigali muri Nzeri ya 2022 nabwo yari yitabiriye igitaramo cya Seka Live
Arthur Nkusi yemeje ko Anne Kansiime ari we utahiwe muri Seka Live ya Nzeri 2023
Anne Kansiime anyura benshi iyo yageze mu bitaramo by'urwenya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .