00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bikomeje kwaguka! Ibitaramo bya Gen-Z Comedy byimuye ibirindiro

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 18 September 2023 saa 05:23
Yasuwe :

Nyuma y’umwaka umwe n’igice ibitaramo bya Gen-Z byatangijwe n’Umunyarwenya Ndaruhutse Merci wubatse izina nka Fally Merci bitangiye, bigiye kwimuka ku nshuro ya kabiri bitewe n’umubare munini w’ababyitabira baba barushije ubushobozi aho abitegurira.

Ni ibitaramo byatangiye muri Mata 2022 bikajya bibera ku Cyicaro cya ArtRwanda ku Kimihurura, intego yabyo ikaba yari uguhuriza hamwe abafite impano yo gusetsa na bo bitabira ku bwinshi.

Ibi bitaramo byagiye bikura umunsi ku wundi, ababyitabira baba benshi kugeza ubwo barushaga imbaraga aho byari bisanzwe bibera.

Muri Mata 2023, nyuma y’umwaka umwe bitangiye byaje kwimurwa bivanwa ku Cyicaro cya ArtRwanda hari hamaze kuba hato byimurirwa muri Mundi Center i Gikondo.

Ibi bitaramo biba kabiri mu kwezi bikitabirwa n’abanyarwenya biganjemo abakiri kuzamuka ariko bafite impano zitangaje bikundwa n’abatari bake.

Nyuma y’amezi atagera kuri atanu ibi bitaramo byimuriwe muri Mundi Center byahise bihakurwa bijyanwa Camp Kigali.

Abajijwe impamvu yo kwimura ibitaramo bye, Fally Merci yabwiye IGIHE ko imwe mu mpamvu zikomeye zatumye yimura ahaberaga ibitaramo bye ari uko muri Mundi center hari hatangiye kuba hato.

Ati “Ntangira ibi bitaramo nakoreraga kuri ArtRwanda, icyo gihe abantu 40 ni bo natangiranye na bo njya kuhava ntangiye kwakira abantu barenga 150 kuko hari hatangiye kuba hato cyane.”

Yakomeje avuga ati “Ndibuka ko nimukira muri Mundi Center icyo gihe natangiye mfite abantu hafi 300 ariko uyu munsi bamaze kugera muri 700, ni benshi ku buryo bigoye kuba babona aho bicara. Ni yo mpamvu nifuje kwimura ahaberaga ibi bitaramo.”

Nyuma yo gutangaza ko ibitaramo bya Gen-Z Comedy byimuwe, icya mbere kizabera muri Camp Kigali giteganyijwe ku wa 21 Nzeri 2023.

Muri iki gitaramo, Merci yagitumiyemo abarimo Umuraperi Kivumbi King nk’uzaganiriza abazacyitabira. Kugeza ubu urutonde rwose rw’abazatarama ntabwo ruratangazwa.

Abajijwe niba Camp Kigali itazamugora cyane ko ari amahema manini, Fally Merci, yavuze ko nta mpungenge afite cyane ko uko ibitaramo byagiye byaguka bimuha icyizere cy’uko n’aho yimukiye abantu bazahagana.

Ibitaramo bya Gen-Z byatangiriye ku Cyicaro cya ArtRwanda mu Rugando ku Kimihurura ariko haza kuba hato
Ibitaramo bya Gen-Z Comedy byakuwe Mundi Center yari isigaye ari ikoraniro ry'abakunzi b'urwenya
Ibi bitaramo byaje kwimukira muri Mundi Center i Gikondo
Ibitaramo byimuwe Mundi Center hari hasigaye huzura abantu bakabura aho bicara
Ibitaramo bya Gen-Z byimukiye muri Camp Kigali
Igitaramo cya mbere cya Gen-Z kigiye kubera muri Camp Kigali cyatumiwemo Kivumbi

Ibitaramo bya Gen-Z bikundirwa kugaragaza impano nshya z’abanyarwenya bakizamuka

Fally Mercy utegura ibi bitaramo ni na we ubiyobora mu rwenya rwinshi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .