00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hari abahagera nta tike bagataha bamwenyura: Gen-Z Comedy yahinduye ubuzima bwa benshi

Yanditswe na Mahoro Vainqueur
Kuya 5 December 2023 saa 11:00
Yasuwe :

Ibitaramo by’Urwenya bya Gen-Z Comedy Show bikomeje gufasha benshi kugaragaza impano zabo mu gutera urwenya ndetse bamwe mu babyitabira hari aho bizihirwa bagatanga amafaranga ku babashimishije.

Ibi bitaramo bimaze imyaka ibiri bitangijwe bisigaye byitabirwa ku buryo bukomeye. Igiheruka cyabaye mu ijoro rya tariki 30 Ugushyingo 2023 ndetse abantu bari babuze aho bicara nyuma y’amezi atatu gusa byimuriwe muri Camp Kigali.

Ni ibitaramo bisigaye byarahawe akazina k’Iseka Rusange bitewe n’uko bihuza benshi kuva ku byamamare kugera ku bakiri bato.

Itsinda ry’Abanyarwenya Gakuba Comedy ni bamwe mu batangarije IGIHE ko bamaze guhindurirwa ubuzima n’ibi bitaramo.

Ni itsinda rigizwe na Ndihokubwayo Jean Bosco (ukina ari Gakuba), Izabayo Bonethe (umwana wa Gakuba) ndetse na Irakoze Betty (ukina ari umugore wa Gakuba).

Aba banyarwenya buri igihe iyo bageze ku rubyiniro amagambo ya Izabayo Bonethe w’imyaka 12 atungura benshi baba bavuga ko ari ay’abantu bakuze.

Iri tsinda ritangaza ko imikino y’urwenya rinyuza kuri Shene ya YouTube, ryatangiye riyafatisha telefoni ariko ubu ryaguze camera igezweho.

Izabayo Bonethe yagize ati “Kuva naza muri Gen-z Comedy, imibereho yanjye yarahindutse, ndi umuntu utandukanye n’uko nari meze, mbasha kwisanzura, isoni zarashize mba nifitiye icyizere ndetse no mu ishuri byarahindutse."

"Ikindi nakubwira ni uko ubu tutagikoresha telefoni mu kwifata amashusho, twaguze camera dusigaye dukoresha ndetse twayiguze mu mafaranga twakuye muri ibi bitaramo.”

Hari igihe bagiye nta tike bafite ibacyura ariko uwo munsi batahanye arenga ibihumbi 150 Frw bahawe n’abantu bishimiye urwenya rwabo.

Ndihokubwayo Jean Bosco yagize ati “Mu cyumweru cyashize, twaje nta tike dufite iducyura, twari twiringiye ko Merci aturwanaho gusa na we warabibonye abantu banyuzwe n’urwenya rwacu wabonye ibyo bakoze, ubu tumeze neza.”

“Uyu mwana dukorana iby’urwenya yabitangiye afite imyaka icyenda, mbere twifataga amashusho tukayashyira kuri TikTok nyuma ni bwo baduhamagaye turaza.”

Izabayo Bonethe wiga mu mwaka wa kane w’amashuri abanza avuga ko iyo agize igitekerezo agisangiza mugenzi we bakungurana ibitekerezo gusa byose bikorwa iyo avuye ku ishuri mu mpera z’icyumweru.

Ndihokubwayo Jean Bosco avuga ko uyu mwana basanzwe baturanye yabonye afite impano yo gusetsa n’uburyo akoresha amagambo ye ahitamo gutangira gukorana na we, ubu ni bamwe mu banyura benshi mu bitabira Gen-z Comedy Show.

Uyu mukobwa muto aba aherekejwe na mukuru we Irakoze Betty, umuba hafi mu bikorwa bye bya buri munsi.

Akubwira ko intego afite ari izo kuba yagera ku rwego rw’abanyarwenya bakomeye mu Rwanda baserukira igihugu.

Umunyarwenya Muhinde na we ni umwe mu bamaze kubaka izina mu bijyanye no gusetsa binyuze muri ibi bitaramo ku buryo rimwe na rimwe hari abamubona akigera ku rubyiniro bagatangira guseka.

Ni umunyarwenya wifashisha indeshyo ye cyangwa imiterere y’abantu bagufi agakuramo inkuru abara mu buryo busekeje.

Mu ijoro ryo ku wa 30 Ugushyingo 2023 yari ku rubyiniro, Prophet Joshua Levoyanto yageze aho amusanga ku rubyiniro aramuremera we n’abandi bakorana.

Mu minsi yashize Titi Brown wari witabiriye ibi bitaramo ku nshuro ya mbere, ubwo yari avuye muri gereza yahawe amafaranga n’abantu batandukanye n’ababyitabiriye mu rwego rwo kumwakira.

MC Nario ashimira Muhinde nyuma yo kunyurwa n'urwenya rwe
Kwifata ntibikorohera iyo wageze ahantu nk'aha hari abanyarwenya barenga 10 bakiri bato ariko bafite impano
Izabayo Bonethe w’imyaka 12 (ukina ari umwana wa Gakuba) amagambo ye atungura benshi mu bitabira Gen-z Comedy
Kaduhire bakunze kwita Kadudu ni umwe mu bakobwa b'abanyarwenya babarizwa muri Gen-z Comedy
Muhinde iyo bamwe bakimubona bahita batangira no guseka ataravuga
Isekerenawe na we amaze kugira abafana benshi binyuze muri ibi bitaramo
Igitungura benshi ni uburyo ibi bitaramo byitabirwa cyane kandi byitabirwa n'abanyarwenya bo mu Rwanda, biganjemo abakizamuka
Ibi bitaramo byongewemo agace kiswe Meet Me Tonight kagira umutumirwa ugira ibyo asangiza abakiri bato cyangwa agasubiza ibyo bamwe bakeneye kumumenyaho
Hashize amezi atatu gusa ibi bitaramo byimuriwe muri Camp Kigali
Clement akoresha inkirigito mu gutera urwenya rwe ahuza n'umuziki
Abagize Gakuba Comedy ni bamwe mu bamaze kubaka izina binyuze muri Gen-z Comedy
Akanyamuneza kaba ari kose ku bitabira Gen-z Comedy
Gen-z Comedy Show iba inshuro ebyiri mu kwezi, bamwe bayise "Iseka Rusange"
Abitabira Gen-z Comedy Show bariyongereye ku buryo na Camp Kigali aho ibi bitaramo bibera hatangiye kuba hato
Urwenya ruba muri Gen-z Comedy Show ntirwatuma wifata
Umunyarwenya Muhinde ni umwe mu bamaze kubaka izina rikomeye binyuze muri ibi bitaramo
Titi Brown yanyuzwe n'urukundo yeretswe acyitabira Gen-z Comedy Show akimara gufungurwa
Ruti Joël yatashye yikanda imbavu
Muyoboke Alex ntajya asiba muri Gen-z Comedy
Ndaruhutse Merci [Fally Merci] anezezwa n'urwego ibi bitaramo yatangije mu myaka ibiri ishize bimaze kumugezaho we na bagenzi be

Amafoto: Gen-Z Comedy


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .