00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ishimwe kuri Japhet Mazimpaka wasoje icyiciro cya mbere cy’ibitaramo by’urwenya muri za kaminuza (Amafoto)

Yanditswe na Mahoro Vainqueur
Kuya 30 July 2023 saa 11:13
Yasuwe :

Amashimwe ni yose ku Munyarwenya Japhet Mazimpaka wasoje urugendo rw’ibitaramo bine yakoreye muri kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda byari bifite intego yo gushakisha impano za bamwe mu bahiga babuze aho bazigaragariza.

Mazimpaka yasoreje ibi bitaramo muri Kaminuza ya INES Ruhengeri ku mugoroba wo ku wa 29 Nyakanga 2023; yabitangiriye muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye ku wa 1 Nyakanga 2023 akomereza mu rya Nyagatare n’i Rukara aho avuka.

Mu kiganiro uyu munyarwenya yagiranye na IGIHE, Mazimpaka yavuze ko ibi bitaramo bimaze ukwezi yabyungukiyemo byinshi ameze nk’uwari mu mahugurwa.

Ati “Ibi bitaramo byose maze gukora byahuye n’uko nari mbyiteze, abanyeshuri baritabiriye ku rwego rwo hejuru, ku buryo ibyumba twakoreyemo byabaye bito.”

“Muri rusange navuga ko abanyeshuri bitabiriye bagera mu 25.000. Ikintu cyanshimishije ni uburyo banishimiye urwenya nabasangije mbese nari meze nk’umaze ukwezi mu mahugurwa, hari byinshi nabonye ntari nzi bizamfasha mu gitaramo cyanjye kiri mu Ukwakira.”

Mazimpaka avuga ko asoje ibi bitaramo amaze kubona abanyempano 30 ndetse hari ibyo abateganyiriza azatangaza nyuma ya tariki 29 Ukwakira 2023 aho afite Igitaramo yise “The Upcoming Diaspora” muri Camp Kigali.

Ati “Ubu navuga ko mfashe akaruhuko, nyuma yo kubona abanyempano 30 ikintu nzabakoresha nzagitangaza nyuma y’igitaramo mfite mu Ukwakira, ni wo mukoro mfite kugeza ubu.”

“Muri abo 30 mfitemo abanyarwenya 15. Abantu bibwira ko mu ntara nta mpano zihari baribeshya cyane kandi bazabibona ni dutangira ibikorwa byacu.”

Yavuze ko bwa mbere atangira ibi bitaramo ahantu hamuteye ubwoba ari mu Ishami rya Kaminuza y’u Rwanda rya Huye bitewe n’amateka yaho yagiye abwirwa ariko yasanze ibyo yabwiwe bihabanye n’ukuri.

Mazimpaka Japhet avuga ko gahunda y’icyiciro cya kabiri cy’ibi bitaramo bizenguruka kaminuza azayitangaza nyuma y’igitaramo cye cya kabiri yise “The Upcoming Diaspora”.

Ibi bitaramo bizenguruka kaminuza byatewe inkunga na MTN Yolo ku bufatanye na Catchyz. Bisobanuye ikintu gikomeye kuri we kuko mu 2017 ubwo yari muri kaminuza ari bwo na we yahawe umwanya wo kugaragaza impano ye yamugize uwo ariwe kugeza ubu.

Nubwo rwari urugendo rutoroshye ariko Mazimpaka yahigiye byinshi
Urwenya rwa Japhet rwanyuze benshi
Umunyarwenya Patrick Rusine yishimiye uburyo icyiciro cya mbere cy'ibi bitaramo cyagenze
Umuhanzi Chriss Eazy yashimiye Japhet Mazimpaka wamuzirikanye kuri uyu munsi
Umukinnyi wa filime Nyambo Jessica ni umwe mu baherekeje Mazimpaka Japhet i Musanze
Rusine Patrick yaherekeje umunyarwenya mugenzi we
Ntiwajya mu gitaramo cy'urwenya ngo uvemo udasetse
Ndayizeye Olivier ushinzwe Ubukangurambaga mu rubyiruko rw’abakorerabushake mu Karere ka Musanze yashimiye iki gitaramo
Mazimpaka Japhet avuga ko yanyuzwe n'ubwitabire yabonye muri ibi bitaramo
Uyu munyarwenya yahawe impano zitandukanye
Japhet Mazimpaka yashimiwe ku ntego nziza yatumye ategura ibi bitaramo
Mazimpaka Japhet avuga ko abanyempano yabonye muri ibi bitaramo bine abafitiye gahunda azatangaza mu minsi iri imbere
Japhet avuga yanyuzwe n'uburyo abanyeshuri bamwakiriye
Icyiciro cya Mbere cy'ibitaramo by'urwenya bya Japhet Mazimpaka byasorejwe muri Kaminuza ya INES Ruhengeri
Indirimbo za Chriss Eazy zanyuze benshi muri iki gitaramo
Icyiciro cya mbere cy'ibi bitaramo cyavuyemo abanyempano 30
Ibyumba yakoreyemo ibi bitaramo byageze aho biba bito bamwe bahagarara hanze
Ibi bitaramo bya Japhet bigamije gufasha abanyeshuri kwidagadura banamurika impano zabo zitandukanye
Ibi bitaramo bigamije kumurika abanyempano bashya biga muri Kaminuza
Fred Rufendeke ni umwe mu baherekeje Japhet mu gitaramo yakoreye muri INES Ruhengeri
Chris Eazy yishimiwe bikomeye muri iki gitaramo cyabereye muri INES Ruhengeri
Chriss Eazy yashimiye Japhet ku ntambwe akomeje gutera
Chriss Eazy yaboneyeho umwanya wo kubyinana n'abakunzi be
Chriss Eazy ni umwe mu bahanzi bataramye muri ibi bitaramo
Akanyamuneza kari kose ku banyeshuri bitabiriye ibi bitaramo
INES Ruhengeri ni yo yakiriye igitaramo cya nyuma kigize icyiciro cya mbere cy'ibitaramo by'urwenya bya Japhet Mazimpaka

Amafoto: Habyarimana Raoul


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .