00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubushyuhe i Nyagatare ubwo AmaG the Black n’umunyarwenya Japhet bahataramiraga (Amafoto)

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 9 July 2023 saa 02:59
Yasuwe :

Umunyarwenya Mazimpaka Japhet na AmaG the Black basusurukije abatuye mu Mujyi wa Nyagatare biganjemo urubyiruko rwo muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare.

Ni mu gitaramo cy’urwenya cyabereye muri aka Karere ka Nyagatare mu cyumba cy’inama cya Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Nyagatare ahazwi nko ku Cyamazima.

Iki gitaramo cyabaye muri gahunda uyu munyarwenya yatangije yise ‘Japhet’s Comedy Campus Tour’ igamije kuzenguruka kaminuza zitandukanye ataramira abazigamo ndetse akanagaragaza impano z’urwenya z’abanyeshuri bazigamo.

Iki gitaramo cyatangiye ahagana saa moya z’ijoro higaragaza impano zitandukanye zirimo ababyina gakondo, ababyina imbyino zigezweho ndetse n’abanyarwenya batandukanye bo muri aka Karere.

Mu banyarwenya batanu bakizamuka basusurukije abari muri iki gitaramo harimo abakobwa batatu n’abahungu babiri, buri umwe akaba yahabwaga iminota agasetsa mu nzenya zitandukanye abitabiriye iki gitaramo. Abandi bahawe umwanya ni abaririmba mu buryo bw’agakondo ndetse n’ababyinnyi.

Umunyarwenya Mazimpaka Japhet yageze ku rubyiniro ahagana saa saa tatu n’iminota 20 z’ijoro, amara hafi iminota 30 aterera urwenya abitabiriye iki gitaramo.

Yifashishije inzenya zitandukanye asetsa abitabiriye iki gitaramo barimo abanyeshuri n’abaturage batuye mu mujyi wa Nyagatare bari baryohewe mu buryo bugaragarira amaso.

Nyuma yo gutera urwenya, Japhet yahamagaye umuhanzi AmaG the Black na we asusurutsa abitabiriye iki gitaramo mu ndirimbo zirimo izakunzwe hambere nka Nyabarongo n’izindi.

Umunyarwenya Mazimpaka Japhet yabwiye IGIHE ko iki gitaramo yagiteguye mu rwego rw’ibitaramo bizenguruka Kaminuza zo mu Rwanda kugira ngo asurutse abahiga yifashishije urwenya.

Yavuze ko kandi yari agamije gufasha abanyarwenya bato biga muri Kaminuza baba batarabonye ibitaramo binini bashobora kugaragarizamo impano zabo.

Ati “Hari ukuntu urwenya ruri gusigara inyuma ugereranyije n’umuziki, aha rero niho narebeye ndavuga nti reka nanjye ntegure ibitaramo byagaragaza ko urwenya rwashimisha abantu, ikindi nashakaga kuzamura impano z’urubyiruko rutabasha kubona aho rukorera ibitaramo ngo rugaragaze impano bifitemo yaba mu muziki ariko cyane cyane abafite impano z’urwenya.”

Biteganyijwe ko mu Cyumweru gitaha Mazimpaka Japhet azakomereza ibi bitaramo muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Rukara aho ateganya kuhakorera igitaramo nyuma y’aho ngo aranateganya gukora igitaramo gikuru mu Ukwakira uyu mwaka kizabera mu Mujyi wa Kigali.

Japhet yanyuzagamo agaha umwanya abamukurikiranye bakaganira
Abafite impano zitandukanye bahawe umwanya bariyerekana
Bamwe mu bakobwa bafite impano yo gutera urwenya biyerekanye
Umunyarwenya Japhet yashimishije ab'i Nyagatare
Abafite impano yo kubyina bahawe umwanya bariyerekana
Iki gitaramo cyitabiriwe n’abantu benshi biganjemo abanyeshuri
Abafite impano zo gutera urwenya biyerekanye
AmaG the Black yishimiwe na benshi
Buri wese yifuzaga gutahana amafoto
Abavuza imiduri nabo bahawe umwanya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .