Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko abayobozi bombi baganiriye ku guteza imbere umubano hagati y’ibihugu byombi ndetse n’ishusho y’umutekano mu karere.
Perezida Embaló yageze mu Rwanda nyuma yo kuva i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu yamaze isaha aganira na Perezida Felix Tshisekedi ku bibazo by’umutekano biri mu Burasirazuba bw’icyo gihugu.
This afternoon at Urugwiro Village, President Kagame received President Umaro Sissoco Embaló of Guinea-Bissau. The two leaders discussed ways to further strengthen bilateral ties between Rwanda & Guinea-Bissau, and exchanged on the security situation in the region. pic.twitter.com/5pPfnxD6X8
— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) November 13, 2022
Embaló asuye ibihugu byombi nyuma y’uko umwuka utameze neza guhera mu ntangiriro z’uyu mwaka, aho ubwo umutwe wa M23 wuburaga imirwano n’ingabo za Congo (FARDC).
Embaló yaherukaga mu Rwanda muri Werurwe uyu mwaka ari narwo ruzinduko rwe rwa mbere yari ahagiriye.
Congo ishinja u Rwanda gufasha uwo mutwe, rwo rukabihakana ahubwo rukagaragaza ko ari urwitwazo rwa Leta ya Kinshasa, kuko yananiwe gukemura ibibazo byayo imbere mu gihugu, igashaka uwo ibigerekaho.
U Rwanda ahubwo rushinja Congo kwifatanya n’umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, bakayifasha kurwanya M23.
Mu mezi umunani ashize, u Rwanda rwakunze kugaragariza amahanga ko rushotorwa na Congo nk’aho ingabo z’icyo gihugu zimaze kurasa inshuro eshatu ku butaka bw’u Rwanda.
Mu cyumweru gishize indege y’intambara y’ingabo za Congo yinjiye mu kirere cy’u Rwanda nta burenganzira, igwa by’akanya gato ku kibuga cya Rubavu. Congo yemeye ko byabayeho kandi ko ari amakosa.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!