00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Menya ibiba mu ijoro usinziriye n’uko waritegura neza

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 May 2021 saa 11:32
Yasuwe :

Mu mico hafi ya yose, mu myemerere myinshi ku Isi, ijoro rifatwa nk’ikintu kibi. Umwijima utera ubwoba ikiremwamuntu aho ariho hose; ni bwo inyamaswa z’inkazi zitangira guhiga, mu gihe abantu aricyo gihe baba barushye cyane, mu yandi magambo nta bushobozi bwo kwirwanwaho basigaranye.

Ni ibintu bisa nk’ibivukanwa aho n’abana b’impinja bigaragara ko batinya umwijima kandi nta muntu ubanje kubibigisha.

Ese wari uzi ko ijoro ari ikintu cyiza cyane kuri wowe? Ko ariho ubwiza, ubwirinzi bw’indwara ndetse n’ ingufu z’umubiri bituruka?

Abenshi batekereza ko iyo bari maso ari nabwo umubiri uba uri mu mirimo yawo, basinzira nawo ukaruhuka ntukore. Ariko siko biri! Nijoro ubwonko n’umubiri muri rusange bikomeza gukora cyane, bikora gusa imirimo itandukanye cyane n’iyo bikora ku manywa iyo umuntu ari maso.

Muti ’ese ubwiza buhurira he n’ijoro?’ Abaganga b’uruhu berekana ko mu ijoro iyo umuntu asinziriye ari bwo ubwonko butangira ikigereranywa no “Gusana” umubiri, uba wiriwe wangirika ku mirasire y’izuba n’ibindi byinshi umuntu ahura na byo ku manywa. Iyo usinziriye ni bwo umubiri ukora intungamubiri yitwa Collagen, ariyo ifasha kurwanya ko uruhu rwizingazinga nk’urw’abakuze, ikanarurinda kumagara.

Iyo usinziriye kandi ni bwo umubiri wawe unyuza amaraso menshi hafi y’uruhu aribyo bituma umuntu agaragara nk’ufite uruhu rwiza rushashagirana, kuryama nabi ndetse no kutaryama igihe kinini bituma amaraso atagera ku ruhu uko bikwiye ndetse ingaruka zabyo ntizitinda kugaragara ku ruhu aho ureba umuntu ukabibona ko asa n’unaniwe atarinze kubikubwira.

Iyo amaraso adatemberera hafi y’uruhu kandi binagera ku maso, ari ho ha mbere hagaragara ko umuntu arushye cyane, ubasha kuryama neza amasaha hagati y’arindwi n’umunani ategekwa na muganga ahorana amaso meza abengerana.

Iki kibazo cy’amaraso adatemberera ku ruhu ku bantu baryama nabi cyangwa gake kandi gikora no ku misatsi. Imisatsi ikura intungamubiri zayo mu maraso ngo ikure, ise neza. Iyo itakizibona ni bwo itangira gucika no kugaragara nabi nk’indabo zidaheruka amazi.

Abahanga bemeza kandi ko iyo usinziriye ari bwo umubiri wihutira gukora abasirikare bashya b’umubiri bo guhangana n’indwara izo arizo zose ziba zizawutera, kuryama igihe gito cyane no kuryama nabi byangiza iri korwa ry’abasirikare b’umubiri bigatera intege nke zo kuba nyirawo yarwaragurika.

Kuribwa ahantu runaka nyuma yo gukora siporo ni ibisanzwe. Biba bisobanuye ko aho hakurya hari uturemangingo tuba “twacitse” kubera imyitozo. Impamvu umuntu akomera uko akomeza gukora siporo ni uko, uko utwo turemangingo ducitse ariko umubiri ukora utundi tudusimbura dukomeye kurushaho.

Ibyo nta kindi gihe bikorwa neza nk’iyo umuntu asinziriye cyangwa yaryamye neza, mu gihe siporo itagira kuruhuka neza ishobora guteza ibindi bibazo.

  Nta muntu utifuriza umuryango we gusa neza no kugira amagara meza

“Nta bitotsi ngira”, “Ndwara umugongo”, “Ndwara umutwe cyane”, izi ni indwara zibaho, zifata umuntu kenshi mu gitondo akibyuka cyangwa nijoro akigera ku buriri. Kuryama ukicura kenshi, kubyuka ukumva umeze nk’uwahanutse akitura hasi, uribwa umugongo, umutwe n’ahandi, ibi byose ni bake bamaze kumenya ibanga ry’uko batarwara izo ndwara ahubwo baryama kuri matelas n’imisego bitaboneye cyangwa bishaje bikaba aribyo bibatera kuramuka nabi.

Abasigaye, bazi ibanga ryo kubyukana umutuzo mu Rwanda, umwenyura ko wagize ijoro ryiza, matelas n’imisego bya Rwanda Foam biguha agahenge buri joro, n’akanyabugabo buri gitondo ko guhangana n’inzitizi ku nzozi zawe.

Rwanda Foam ni uruganda rurusha izindi uburambe mu Rwanda mu gufasha abaturarwanda kuruhuka neza no gusarura imbuto zo gusinzira neza; ruri mu baterankunga b’imena ba Tour du Rwanda.

Mbifurije ijoro ryiza!

Umuntu ni we ufite mu biganza bye kugira ijoro ryiza binyuze mu kuryama aheza nko kuri Matelas za Rwanda Foam

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .