00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ni inshuti ya bugufi: Ubuhamya bwa Ndayambaje washumbushijwe inka na Prime Insurance (Video)

Yanditswe na Israel Ishimwe
Kuya 7 May 2021 saa 09:40
Yasuwe :

Umworozi w’i Nyagatare, Ndayambaje Vital, yanyuzwe n’ubwishingizi bw’Ikigo cya Prime Insurance bwamugobotse yapfushije inka ze bimurinda igihombo, anashishikariza abatarabukoresha kwihutira kubwiyambaza.

Prime Insurance yari isanzwe itanga ubwishingizi burimo ubw’ibinyabiziga, inzu, ingendo, inkongi z’umuriro, impanuka, uburezi, inguzanyo, ndetse n’ubw’amasaziro.

Mu myaka ibiri ishize, yaje kongeramo n’ubwishingizi bw’amatungo n’ibihingwa hagamijwe kugoboka abahinzi n’aborozi bahombaga mu gihe amatungo yabo apfuye cyangwa imyaka yabo yangiritse.

Ndayambaje Vital wororera mu Murenge wa Nyagatare ari mu bagannye iyo serivisi rugikubita. Yahamirije IGIHE ko yabonye akamaro kayo.

Ati “Hano i Nyagatare mbere twagiraga ikibazo cy’ubushyuhe bwatumaga dutinya korora inka za Friesian [frisone] twabwirwaga ko zitahaba kubera ubushyuhe. Aho Prime Insurance idusobanuriye ko tugomba kugira ubwishingizi, twazagira impanuka ikatugoboka, nahise ntinyuka ndazorora ndetse ndazishinganisha.”

Agihabwa amakuru ko yashinganisha inka ze, yabanje kugenda biguru ntege ariko aza kubohoka.

Uyu musaza ukorera ubworozi mu ifamu ya hegitari 30, ntiyatinze kubona ingaruka yari guhura na zo zimwe mu nka ze zirapfa ariko ibyo byago asanga yariteganyirije.

Ndayambaje ati “Nagize impanuka zimwe [inka] zigenda zipfa ariko Prime Insurance yarangobotse. Inka irarwara bakayikurikirana bakohereza n’abaganga bo kuyitaho, yapfa bagakora dosiye bakakwishyura.’’

Yishimira ko Prime Insurance idasiragiza abakiliya bayo mu kubishyura, kuko mu nshuro nyinshi [harimo izo yishyuriwe inka ze ebyiri zapfuye] byarihutishijwe.

Ati “Ni sosiyete nziza kandi yishyura vuba. Sindumva umuntu wagiye kuburana na Prime avuga ko yahemukiwe ntihakurikizwe amasezerano y’impande zombi.’’

Yatanze umuburo ku borozi, abasaba kwita ku matungo no kuyashinganisha kuko ari ingenzi.

Ati “Muri politiki y’aborozi, umuntu yapfushaga inka, abaturanyi bakamushumbusha. Ntiwabona umuntu ugushumbusha vuba nk’uko ngo umujye kure.’’

“[Prime Insurance] Ni inshuti ya bugufi, ni wa muntu wo hambere inka ye yapfaga abantu bakamushumbusha. Ku rundi ruhande ni inyungu z’abaturanyi kuko utabagora. Uwakabaye aguha inka ye, asanga Prime Insurance yabikoze. Ni yo igushumbusha.’’

Umukozi ushinzwe gahunda y’Ubwishingizi bw’Amatungo n’Ibihingwa mu Ishami ry’Ubucuruzi muri Prime Insurance, Amerika Fred, yavuze ko iyo serivisi yongewemo nyuma yo kubona abahinzi n’aborozi barasigaye inyuma, amatungo yapfa cyangwa imyaka yangiritse ntibagobokwe kuko nta bwishingizi bagiraga.

Iyi serivisi yatangijwe na Leta, ndetse ikaba itangira abahinzi n’aborozi ‘Nkunganire’ ya 40%.

Amatungo yishinganishwa muri Prime Insurance kugeza ubu ni inka n inkoko mu gihe ibihingwa ari ibirayi, umuceri, imiteja, ibigori n’urusenda.

Inka zihabwa ubwishingizi ni ukuva ku y’amezi atatu kugeza ku y’imyaka umunani, ishobora kwishyurwa mu gihe yaba yagize uburwayi igakurikiranwa uko bikwiye ariko igapfa, kuba haba ibiza nk’imyuzure n’inkongi z’umuriro bikayihitana cyangwa ikaribwa n’ikindi kintu.

Iyo yibwe cyangwa bikagaragara ko yapfuye biturutse ku burangare bw’umworozi nk’aho wasanga imyanda mu kiraro yagira ingaruka kuri rya tungo ntiyishyurwa.

Serivisi y’ubu bwishingizi igitangira, abakiliya bishyurwaga mu minsi 14, ariko ubu yaragabanutse igera kuri itatu mu gihe uyisaba yujuje ibisabwa byose.

Abanyarwanda beretswe ko igisubizo ku bagihangayikishwa n’ibihombo baterwa n’impfu z’amatungo n’iyangirika ry’imyaka ari ugukorana na Prime Insurance.

Vital Ndayambaje wororera mu Karere ka Nyagatare yavuze uburyo ubwishingizi bw’amatungo yahawe na Prime Insurance bwamufashije ubwo yagiraga ibyago byo gupfusha inka ze
Ndayambaje Vital yororera inka mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare
Umukozi mu Ishami ry’Ubucuruzi akaba ashinzwe gahunda y’Ubwishingizi bw’Amatungo n’Ibihingwa muri Prime Insurance, Amerika Fred, yavuze ko iyo serivisi yongewe mu zo icyo kigo gitanga nyuma yo kubona abahinzi n’aborozi barasigaye inyuma
Prime Insurance ihemba umukinnyi muto witwaye neza muri buri gace ka Tour du Rwanda
Prime Insurance yaherekeje Tour du Rwanda aho yanyuze hose isobanurira Abanyarwanda ibijyanye na serivisi itanga
Ikigo gifite uburambe mu gutanga serivisi z’ubwishingizi, Prime Insurance, kimaze imyaka ine kiri mu baterankunga b’imena ba Tour du Rwanda
Prime Insurance yinjiye muri Tour du Rwanda igamije gusangiza Abanyarwanda ibyerekeye serivisi zabafasha gushinganisha ubuzima n’imitungo yabo
Prime Insurance ifite ishami mu Karere ka Nyagatare rifasha abayigana kugerwaho na serivisi zose z'ubwishingizi
Prime Insurance iri mu baterankunga b'imena ba Tour du Rwanda

Amafoto: Igirubuntu Darcy

Video: Mushimiyimana Azeem


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .