00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bisate Eco Lodge yashyizwe mu mahoteli 10 ya mbere ku Isi atangiza ibidukikije

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 20 January 2021 saa 11:16
Yasuwe :

Bisate Eco Lodge, hoteli y’inyenyeri eshanu yubatse mu gace k’Ibirunga mu Majyaruguru y’u Rwanda, yashyizwe ku rutonde rwa hoteli 10 ku Isi nziza zigezweho kandi zifite umwihariko wo kutangiza ibidukikije.

Uru rutonde rwakozwe n’Urubuga Elite Traveler, rwandika amakuru arebana n’ibintu bihenze kandi bigezweho, ubukerarugendo n’ibindi, rugaragaraho hoteli nziza kandi zigezweho hagendewe kuri buri mugabane.

Umugabane wa Afurika ufitemo hoteli ebyiri zirimo Bisate Eco Lodge yo mu Majyaruguru y’u Rwanda ndetse na Grootbos Private Nature Reserve yo muri Afurika y’Epfo.

Urubuga Elite Traveler ruvuga ko rwakoze uru rutonde mu rwego rwo gufasha ba mukerarugendo guhitamo aho bashobora kuruhukira hajyanye n’igihe kandi hatangiza ibidukikije.

Imiterere ya Bisate Lodge ituma ba mukerarugendo bizihirwa no kuharara. Ni hoteli iri mu rwego rwa hoteli z’inyenyeri eshanu yatashywe ku mugaragaro na Perezida Paul Kagame ku wa 1 Nzeri 2017.

Kuva iki gihe Bisate Eco Lodge yatangiye kwirahirwa n’abatari bacye barimo icyamamare mu mukino wa Tennis, Maria Sharapova wayirayemo igihe yasuraga u Rwanda mu 2019.

Iyi hoteli yubatswe hagendewe ku muco Nyarwanda kuko uwayikoreye inyigo yagendeye ku buhanga bw’imyubakire gakondo ndetse n’ibirunga by’u Rwanda.

Igizwe n’inzu z’ibyatsi esheshatu, buri yose ifite ishusho ya kimwe mu birunga byo mu Rwanda ikaba ahitegeye ku gasozi keza kari mu ishyamba, ku buryo uburanga bw’imisozi iyikikije n’ikirere bituma uhari yumva umwihariko waho.

Uretse kuba ifite ishusho y’ibirunga nka Bisoke, Mikeno na Kalisimbi, urebye Bisate Lodge uhita kandi uyibonamo ishusho y’ingoro y’Umwami yo mu Rukari i Nyanza.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) ruvuga ko kuba mu Rwanda harafunguwe Bisate Eco Lodge ari ikimenyetso ko umuhate w’igihugu mu kubungabunga ibikorwa bikurura ba mukerarugendo, amabwiriza yorohereza ishoramari ndetse na politiki iharanira impinduka nziza byatangiye gutanga umusaruro.

Kuba kandi iyi hoteli igenewe kwakira ba mukerarugendo bo ku rwego rwo hejuru bifuza kugirira ibihe byiza muri Pariki y’Ibirunga, ihorana abashyitsi bishyura amafaranga abarirwa muri miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda, bishimangira ko hari byinshi byisumbuye igihugu cyasangiza abaturutse mu mahanga.

Uretse Bisate Eco Lodge, u Rwanda rufite n’izindi hoteli zubatswe mu buryo bugabanya ingaruka mbi ku bidukikije zigera ku 10 zirimo nka Inzu Logde iri mu Karere ka Rubavu, intego akaba ari ukubaka izindi nyinshi.

Urutonde rwa Elite Traveler rugaragaraho izindi hoteli zifite umwihariko wo kutangiza ibidukikije nka Pikaia Lodge yo mu Birwa bya Galápagos, Habitas Tulum yo muri Mexique, Whitepod yo mu Busuwisi, Borgo Pignano yo mu Butaliyani, Song Saa Private Island Resort yo muri Cambodia, Soneva Fushi yo muri Maldives na Kokomo Private Island yo muri Fiji.

Bisate Eco Lodge yubatse muri Pariki y’Ibirunga aho uba witegeye neza udusongero tw’ibirunga bya Bisoke, Kalisimbi na Mikeno
Bisate Lodge yubatse mu buryo butuma ibungabunga ibidukikije
Iyo uri ahubatse Bisate Eco Logde uba witegeye ibirunga birimo Bisoke, Kalisimbi na Mikeno
Perezida Kagame yafunguye Bisate Eco Logde tariki ya 1 Nzeri 2017. Uyu muhango wahuriranye n'Umunsi wo Kwita Izina abana b'Ingagi
Perezida Kagame aganira n'umwe mu bitabiriye umuhango wo gufungura iyi hoteli
Pikaia Lodge yo mu Birwa bya Galapagos
Soneva Fushi muri Maldives
Song Saa Private Island Resort muri Cambodia
Whitepod yo mu Busuwisi
Kokomo Private Island yo muri Fiji
Borgo Pignano yo mu Butaliyani
Grootbos Private Nature Reserve yo muri Afurika y'Epfo nayo iri kuri uru rutonde
Habitas Tulum iri muri Mexique aho uba witegeye amazi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .