00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Dusure inyamaswa eshanu zihatse izindi muri Pariki y’Igihugu y’Akagera n’izizigaragiye (Amafoto)

Yanditswe na Niyonzima Moïse
Kuya 17 October 2020 saa 10:55
Yasuwe :

Pariki y’Igihugu y’Akagera ni imwe mu zujuje inyamaswa eshanu zisurwa cyane kuri uyu mugabane, nyuma yo gusubizwamo Inkura n’Intare zari zarahacitse kubera ibikorwa bya muntu.

Ubu iyi pariki ibarizwamo inyamaswa eshanu zikomeye muri Afurika arizo Intare, Inzovu, Imbogo, Inkura n’Ingwe.

Muri iri shyamba uretse Intare yubahwa nk’Umwami w’Ishyamba, indi nyamaswa y’igitinyiro ni Inzovu, inagira umutima uzirikana ku buryo bukomeye, ari nayo nyamaswa itajya ipfa kwisukirwa.

Harimo n’Inkura nk’inyamaswa iheruka kuzanwa mu Rwanda vuba, abakurikiranira hafi iby’inyamaswa bahamya ko yiyemera nk’igisimba gifite imbaraga zihagije n’ihembe rikomeye, ku buryo nta cyayihagarika.

Umwe aheruka kubwira IGIHE ati “Yumva byanga bikunda niba hari ikintu ibonye cyamaze kuyisatira, igomba gukoresha za mbaraga kugira ngo igikure imbere. Ishobora gukubita n’igiti cyangwa indi nyamaswa.”

“Ikindi kizwi kuri yo ntabwo ireba neza, ikoresha guhumurirwa no kumva cyane, ireba ari uko ibona ikintu gitambuka. Ikintu gihagaze ntabwo iba ikibona. Uramutse ucunze ukareba nk’umuyaga, niba uri kukuvaho uyiganaho uba uri hafi n’urupfu, ihita ikumva ako kanya.”

"Na none iyo ikintu kigenda ikibona vuba, ariko uhise uhagarara cyangwa ukaryama, ishobora no kukunyuraho.” Iyi nyamaswa nta nubwo ibana n’izindi, ahubwo iba yonyine kuko zakwicana.

Mu nyamaswa ziri muri iyi Pariki habamo n’Isatura, yo ni inyamaswa ifatwa nk’idatekereza cyane, ku buryo ishobora kumva urusaku rw’imodoka igaturumbuka iyinyura imbere ku buryo yanayigonga.

Mu mazi ho umwami ni Imvubu, ku buryo ibindi binyabuzima biyibererekera, bitayitinyiye ubunini bwayo gusa, ahubwo n’iryinyo ryayo rinini kandi rikomeye.

Pariki y’Akagera kandi ni ahantu hakunze gusurwa cyane, aho umuntu abasha kwibonera ndetse akamenya nk’inyamaswa yitwa Indonyi ifite ububasha bwo kwishariririza mu gihe yikanze, bigatuma n’inyamaswa yayica itabasha kuyirya, cyangwa se ko Imparage ifite umugeri w’inyuma uremereye, ku buryo n’iyo Intare iyisukiriye ishaka kuyica ikayitera wa mugeri iba itakiharenze.

Inyamaswa muri Pariki y’Igihugu y’Akagera kandi zikomeje kwiyongera, aho ubuyobozi bwayo buheruka gutangaza ko Intare zimaze kuba 37 kuva muri 2015, ubwo zagarurwaga mu Rwanda.

Imvubu igira amenyo manini kandi akomeye
Intare ifatwa nk'umwami w'ishyamba
Inzovu zirimo kwambuka umuhanda, umwana wazo na we ari inyuma
Muri Pariki inyamaswa zose zirisanzura, zaba iziguruka, izo mu mazi cyangwa ku butaka
Inzovu igira ubushobozi bukomeye bwo kwibuka
Imbogo utayizi wagira ngo ni inka iteye ukundi
Imbogo zizihiwe, zirimo gusiganwa zinyura mu kidendezi
Hari aho usanga imbogo zakoranye ari nyinshi
Izi nyoni benshi bazizi nka Murabafi
Impyisi zikunze kugaragara cyane ku mugoroba
Imvubu ni inyamaswa yihagazeho mu mazi, nubwo ijya ikuka ikajya imusozi
Inkura igira ingufu nyinshi, n'ihembe ku zuru ikoresha mu kurwana
Iri hembe ry'Inkura ryihagazeho
Ingona ni inyamaswa ikunda kuba yihishe ariko icyo ifashe ntijya irekura
Inkorongo ni inyamaswa idakunda kuboneka, aho bibarwa ko muri pariki hasigayemo izitarenga ijana
Ingwe ni inyamaswa ziba muri Pariki y'Igihugu y'Akagera ariko zidakunze kuboneka, kereka mu masaha y'ijoro
Inzovu zikunze kugenda ziri hamwe
Pariki y'Igihugu y'Akagera igizwe n'imirambi, imisozi migufi n'ibiyaga
Imbogo zikunze kurisha mu kivunge, cyane cyane mu kibaya
Pariki y’Akagera igizwe n’ibiyaga 10. Birimo Ihema yakuye izina ku Babiligi bahashinze amahema ubwo bashakishaga isoko ya Nil
Muri Pariki y'Igihugu y'Akagera hanaboneka amoko anyuranye y'inyoni n'ibisiga, ibi bizwi nka Marabou stork
Inzovu zari zabonye ibyatsi bitoshye, zabiteraniye
Iyi nyamaswa izwi nk'Agasumbashyamba, irisha mu biti hejuru
Inzovu ni inyamaswa yubahwa cyane muri Pariki
Iyi nyoni nkuru izwi nka African darter
Aba ni abana ba African darter, bategereje amahaho ya nyina
Isatura bamwe bazita ingurube z'ishyamba nazo ziboneka muri Pariki y'Akagera
Inyoni n'ibisiga iyo bihaze bijya mu myiyereko
Inzovu iyo uyisanze mu nzira ni ukuyireka ikabanza guhigama, nta we uyikanga
Izi nyamaswa zikunze kwibasirwa na ngenzi zazo zitunzwe n'inyama
Imbogo bamwe bazi nka 'Rwarikamavubi' zikunze kugira amahane
Imbogo zikunze kugendera hamwe nk'igihe zirisha
Imparage ziboneka cyane muri Pariki y'Akagera
Impyisi zikunze kugenda hafi y'inyamaswa z'inkazi, zica ibisimba byinshi byo kurya
Isha ziboneka muri Pariki y'Igihugu y'Akagera ku bwinshi
Muri Pariki y'Akagera haboneka Ibitera, cyane cyane mu gice umuntu yinjiriramo muri pariki
Imparage yari ihaze ubwatsi irimo kota akazuba
Isatura ni inyamaswa ifatwa nk’idatekereza cyane
Izi ushobora gukeka ko ari za hene tworora
Imvubu ziba zizihiwe n'amazi zituyemo, ndetse zishobora no kuba imusozi
Igitera cyicaye kireba umwana wacyo
Imparage ni inyamaswa zizwiho kugira uruhu rwiza
Ingwe ntabwo umuntu yayegera uko yiboneye, nubwo kuyibona ubwabyo biba bitoroshye
Ingwe ni inyamaswa itinywa cyane mu zo mu ishyamba
Imvubu yari yavuye mu mazi ijya kurisha ku gasozi
Imbogo zishaje zikunze kugenda zonyine
Gasumbashyamba iba yirira amababi y'ibiti
Iki gisiga hari benshi bakimenye nka Murobyi
Iki gisiga cyitwa Lizard Bizzard
Ingwe ni inyamaswa idakunze kuboneka
Iyi ni imwe mu nyoni ziba mu Akagera, izwi nka Black-headed Gonolek

Amafoto: Niyonzima Moïse


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .