00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umujyi wa Kigali ugiye gutaha ubusitani bugezweho imbere y’ibiro byawo (Amafoto)

Yanditswe na Rabbi Malo Umucunguzi
Kuya 4 November 2019 saa 08:18
Yasuwe :

Umujyi wa Kigali uri mu mirimo ya nyuma yo kunoza ubusitani bugezweho bwubatswe imbere y’ibiro byawo, bwagenewe ibikorwa remezo bigezweho bifasha abantu kwidagadura, kuruhuka no kunguka ubumenyi.

Ni ubusitani bugezweho bwubatswe ku muhanda imbere y’ibiro by’Umujyi wa Kigali, ahateganye n’icyicaro gikuru cya I&M Bank. Bwubatswe ku nyubako yo hejuru, kuko munsi yabwo harimo inzu yagenewe ishyinguranyandiko ry’umujyi wa Kigali.

Ubu busitani bugeze mu cyiciro cya nyuma cyo kubakwa, bufunguriwe abaturage muri rusange. Bufite intebe zihariye umuntu ashobora kwicaraho akahasomera igitabo, yumva akayaga aganira n’inshuti n’ibindi.

Mu buryo aha hantu hubatswe, biteganyijwe ko hazashyirwa internet nziramugozi y’ubuntu, ku buryo abantu bashobora kuhicara bakarahura ubwenge.

Umujyi wa Kigali utangaza ko kuhatemberera bizaba ari ubuntu, ariko ku bantu bifuza kuhakorera ibikorwa by’izindi nyungu nko kuhafatira amashusho y’ubukwe cyangwa y’indirimbo, urateganya kureba uko byazakorwa kugira ngo haboneke uburyo bwatuma hazajya habungabungwa neza.

Ubu busitani bwatangiye kubakwa muri Mutarama uyu mwaka, buzatahwa ku mugaragaro mu minsi iri imbere. Bwubatswe ku buso bwa metero kare 1072, butwara miliyoni 226,1 Frw.

Umujyi wa Kigali uvuga ko nibura 6% by’ubuso bwawo, mu gishushanyo mbonera bwageneye ahantu ho kuruhukira. Mu bindi bice bikomeje gutunganywa ngo bigenerwe bene ibi bikorwa harimo igishanga cya Nyandungu, ahazwi nka Nyandungu Urban Wetland Eco-Tourism Park.

Ni ibikorwa ubuyobozi bwashyizemo imbaraga, aho buteganya ko mu gihe mu mwaka wa 2050 abatuye uyu mujyi bazaba bageze kuri miliyoni 3.8 bavuye kuri miliyoni 1.3 babarurwa kuri ubu, uyu mujyi ugomba kuba ufite ibidukikije bihagije kandi abaturage bafite ahantu hakwiye ho kuruhukira.

Ubu busitani bwubatswe imbere y'Umujyi wa Kigali
Uvuye kuri kaburimbo azamukira kuri 'escaliers', naho abafite ubumuga bakanyura mu nzira bagenewe yubatswe ku ruhande
Aha hantu hashyizwe uburyo bufasha abahasura kwicara bakaganira
Umujyi wa Kigali washyizeho ubusitani bufasha abashaka kuruhuka
Ubu busitani bwubatswemo n'inzira z'abafite ubumuga ku buryo nta muntu n'umwe ubuhejwemo
Ubu busitani bwubatswe hejuru y'inzu yagenewe ishyinguranyandiko ry'Umujyi wa Kigali
Ni ubusitani bwubatswe mu buryo bugezweho
Mu minsi mike abantu baratangira gutemberera no kuganirira muri ubu busitani
Wicaye muri ubu busitani uba witegeye zimwe mu nyubako zigezweho zitatse Umujyi wa Kigali rwagati
Imiterere y'ubu busitani ubwitegereje uhagaze hejuru mu biro by'Umujyi wa Kigali
Abagenda mu magare bashyiriweho uburyo butuma babasha kwisanzura muri ubu busitani

Amafoto: Niyonzima Moïse


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .