00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yararimbishijwe, inazamurirwa inyenyeri! Tujyane mu bwiza bwa Hoteli Mater Boni Consilii (Amafoto)

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 3 June 2023 saa 08:58
Yasuwe :

Hoteli Mater Boni Consilii ni imwe mu mahoteli yo ku rwego rwo hejuru abarizwa mu Karere ka Huye. Ni hoteli y’inyenyeri enye, ifite ubushobozi bwo kwakira abanyacyubahiro batandukanye kugera no ku bakuru b’ibihugu.

Iyi hoteli iherereye ahazwi nko ku i Taba mu Karere ka Huye. Iri muri metero 300 uvuye kuri Stade ya Huye. Itanga serivisi z’amacumbi, kwakira inama, ibirori n’imihango itandukanye.

Hoteli Mater Boni Consilii ifite ibyumba 98 birimo ibishobora kwakira umuntu umwe kugera ku byakira abanyacyubahiro ndetse n’Umukuru w’Igihugu.

Iyi hotel yazamuriwe urwego iva ku nyenyeri eshatu, ihabwa enye. Byakozwe mu nkubiri yo gushaka amahoteli ari ku rwego rwo kwakira amakipe y’ibihugu kugira ngo Stade Mpuzamahanga yakire imikino mpuzamahanga.

I Huye ni ho hari stade u Rwanda rwemerewe kwakiriraho imikino yo ku rwego mpuzamahanga yaba ihuza amakipe ndetse n’iy’ibihugu.

Muri hoteli, Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, rwazamuriye urwego harimo Credo na Mater Boni Consilii. Zavuye ku nyenyeri eshatu, zihabwa enye nyuma y’amavugurura zakoze.

Icyemezo izi hoteli zahawe ku wa 26 Gicurasi uyu mwaka, kigaragaza ko zizamara imyaka ibiri [kugeza muri Gicurasi 2025] zifite inyenyeri enye.

Nyuma y’iki gihe hazongera hakorwe igenzura harebwe niba zishobora kuyigumana cyangwa zongererwe urwego mu gihe zaba zakoze andi mavugurura.

Mater Boni Consilii yavuguruye inyubako yo gukoreramo siporo (gyms), ahafatirwa amafunguro, isigwa amarangi n’ibindi.

Umuyobozi ushinzwe Ibikorwa muri Hoteli Mater Boni Consilii, Ngoga Dominique, yavuze ko ubu bishimira ko yazamuriwe urwego.

Ati “Turi ku rwego rw’inyenyeri enye, bivuze ko dutanga serivisi zo ku rwego rwo hejuru, rwegereye izo nakwita iz’ikirenga [zitangwa no hoteli z’inyenyeri eshanu].’’

“Ikintu dufite gitandukanye na mbere, ni uko guhera kuri serivisi z’amacumbi, aho abantu barira, ibyo barya, ibigendanye n’abakozi n’imyidagaduro byose twarabinogeje tubyongerera ubwiza.’’

Yashimiye RDB yabahaye ubujyanama ku byarushaho gukorwa kugira ngo serivisi zirusheho kwaguka.

Ngoga yavuze ko urugendo rukomeje rwo kurushaho kunoza serivisi nziza zigenerwa abakiliya bijyanye n’ibyifuzo byabo.

Ati “Icyo abakiliya bakenera ni byo tuzakomeza kunoza. Ibyo bashaka bigenda byiyongera. Ni urugendo, tuzakomeza tunoza kurushaho. Hari n’igihe umuntu ahindura ibara gusa kugira ngo abinoze byisumbuye.’’

Hoteli Mater Boni Consilii yanavuguruye ahakirirwaga amakipe y’ibihugu ndetse abakozi bayo bongererwa ubumenyi bakeneye gukoresha kugira ngo serivisi zitangwa zibe zitandukanye n’izisanzwe.

Ati “Abakiliya turi kwakira uyu munsi babona serivisi zisumbuyeho.’’

Hoteli Mater Boni Consilii iherereye ahazwi nko ku i Taba mu Karere ka Huye. Iri muri metero 300 uvuye kuri Stade ya Huye. Itanga serivisi z’amacumbi, kwakira inama, ibirori n’imihango itandukanye.

Ahakirirwa abagana Boni Consilii haravuguruwe hongererwa ubwiza
Ibikoresho biri muri gym byujuje ubuziranenge ndetse biri ku rwego rugezweho
Amakipe azajya acumbika muri iyi hoteli n'abandi bayigana bafite gym bashobora gukoreramo siporo
Abafana bizihiwe n'uko serivisi zitangirwa muri iyi hoteli zavuguruwe
Iyi hoteli iri ku rwego rwo kwakira amakipe y'ibihugu yitegura gukinira imikino mpuzamahanga i Huye
Mu byavuguruwe harimo na serivisi zitandukanye nko kunoza amafunguro ategurwa
Mu byumba hateretswemo televiziyo za rutura
Hotel Mater Boni Consilii iri mu zihagazeho mu Karere ka Huye
Ibyumba biteye amabengeza ndetse imitako yashyizweho yerekana ubuhanga bw'Abanyarwanda binyuze mu gukora ibishushanyo bibajwe
Ibyumba byo kurarama biboneka muri iyi hoteli bigera kuri 98
Muri iyi hoteli hari n'ubusitani butuma abayirimo bahumeka akayaga k'umwimerere
Abagana iyi hoteli bashyiriweho ahantu bashobora kuganirira bisanzuye
Yararimbishijwe birushijeho mu buryo bwizihiza abayisura
Iyi hoteli iherereye mu Karere ka Huye mu Ntara y'Amajyepfo
Hotel Meter Boni Consilii yazamuriwe urwego ihabwa inyenyeri enye

Amafoto: Ntare Julius


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .