00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kigali yatowe mu hantu 50 ku isi hakwiye gusurwa mu 2022 (Amafoto)

Yanditswe na Uwabeza Hussein
Kuya 13 July 2022 saa 03:43
Yasuwe :

Umujyi wa Kigali waje ku rutonde rw’ahantu 50 heza hakwiye gusurwa mu mwaka wa 2022, kubera gahunda zitandukanye uyu mujyi washyizeho mu koroshya ubuzima bw’abawutuye ndetse n’abawugenda.

Ni urutonde rwakozwe n’ikinyamakuru TIME cyo muri Leta Zunwe Ubumwe za Amerika, hagendewe ku makuru yatanzwe n’abantu batandukanye, hitawe cyane ku mijyi muri iki gihe irimo gutanga ibintu bishya kandi bishamaje.

Ni urutonde rugaragaraho imijyi ikomeye nka Doha muri Qatar, aharimo gufungurwa hoteli 100 nshya zizakira abazitabira igikombe cy’Isi cy’umupira w’amaguru hagati y’Ugushyingo n’Ukuboza.

Ni ibikorwa byose birimo kuba mu gihe ubukerarugendo mpuzamahanga bukomeje gufungurwa, nyuma y’igihe icyorezo cya COVID-19 cyarashegeshe inzego zose.

Kigali yaje kuri uru rutonde hagendewe kuri gahunda zashyizweho, nko guharira imwe mu mihanda ibikorwa byo kwidagadura nko ku Gisimenti cyangwa i Nyamirambo, cyangwa igihe kimwe mihanda igaharirwa n’abanyamaguru n’abagenda ku magare, ibizwi ka Car Free Day.

Kigali kandi ikataje mu iterambere ritangiza ibidukikije ndetse n’iterambere ry’ubukerarugendo.

Muri gahunda zashimwe harimo uburyo buzwi nka GuraRide bwo gukoresha amagare ahererekanywa mu mujyi.

Hari kandi kubaka imihanda mishya ijyanye n’igihe hagamijwe kugabanya umubyigano mu mujyi, no kubaka ikibuga gishya cya golf cya Kigali, giheruka kwagurwa ku buryo ubu gifite imyobo 18.

Mu byiza bya Kigali haheruka kwiyongeramo Pariki y’ubukerarugendo ya Nyandungu, yubatswe ku buso bwa hegitari 121 mu kubungabunga igishanga gifitemo ubuso bwa hegitari 70 na hegitari 50
z’ishyamba. Iyi pariki ubu irimo amoko 62 y’ibimera n’inyoni zisaga amoko 100.

Mu bikorwa remezo bishya kandi harimo nka hoteli zirimo Four Points by Sheraton yafunguwe muri Kamena ihita yakira abitabiriye Inama y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bigize Commonwealth (CHOGM).

Aho hiyongeraho umushinga wa rutura wo kubaka Ikibuga mpuzamahanga cy’indege mu Bugesera, umushinga biteganyijwe ko uzatwara miliyari 1.3 z’amadolari.

Uru rutonde rukorwa buri mwaka rugaragaraho ahandi hantu hane gusa ho muri afurika, ni ukuvuga Umujyi wa Nairobi muri Kenya, Pariki y’Igihugu ya Hwange muri Zimbabwe, Franschhoek wo muri Afurika y’Epfo na Pariki ya Lower Zambezi yo muri Zambia.

Umujyi wa Kigali wakomeje kugaragazwa n’abantu ku giti cyabo ndetse n’ibigo bitwara ba mukerarugendo nk’ahantu ho gutemberera kubera ukuntu hatekanye kandi huje ubwiza nyaburanga.

Ibindi bice biza kuri uru rutonde ni Ras Al Khaimah (UAE), Park City (Utah), Galápagos Islands, Dolni Morava (Repubulika ya Tcheque), Seoul (Korea y’Epfo), Great Barrier Reef (Australia), Doha, (Qatar), Detroit, Kerala (u Buhinde), The Arctic, Ahmedabad (U Buhinde), València (Espagne), Queenstown, (Vouvelle Zelande)), Historic Silk Road Sites (Uzbekistan), São Paulo (Brazil) na Trans Bhutan Trail (Bhutan).

Hariho kandi Devon (U Bwongereza), Bali (Indonesia), International Space Station, Kyushu Island (u Buyapani), Rapa Nu (Chile), Salta (Argentina), Portree ( Scotland), Tofino (British Columbia), Boracay (Philippines), Madeira (Portugal), Miami (USA), El Chaltén (Argentina), Bogotá (Colombie), The Alentejo (Portugal) na Kaunas (Lithuania).

Haza na Setouchi Islands (Japan), Calabria (U Butaliyani), San Francisco (USA), Skelleftea (Suede), Copenhagen (Denmark), Marseilles ( UBufaransa), Thessaloniki (U Bugereki), Istanbul (Turikiya), Ilulissat (Greenland), Jamaica, Fremantle (Australia), Toronto (Canada) na Riviera Nayarit (Mexico), Portland (Ore).

Muri Pariki ya Nyandungu hatungayijwe mu buryo bugezweho
Aha ni hamwe mu hantu harimo gusurwa cyane muri Kigali
Ibikorwa remezo nk'imihanda birimo kubakwa ubutitsa muri Kigali, hagamijwe kugabanya umuvundo w'ibinyabiziga
GuraRide ni uburyo burimo kwifashishwa n'abashaka kugenda n'amagare mu Mujyi wa Kigali
Kigali yatowe nk'umwe mu mijyi yo gusura muri uyu mwaka wa 2022
Car Free Day ni igikorwa gituma abatuye Kigali bisanzura
Abanyakigali babonye umwanya mwiza wo gukora siporo, batabyigana n'imodoka
Gisimenti yatanze umwanya ku bashaka kwidagadura binyuze mu bitaramo
Uretse ibitaramo, mu Gisimenti haba ibyo kurya no kunywa
Ikibuga cya Golf cya Kigali ni hamwe mu hantu heza cyane mu mujyi

Ibindi bice byashyizwe mu myaka 50 ya mbere

Umujyi wa São Paulo wo muri Brazil nawo ugaragara ku rutonde rw'imijyi 50
San Francisco ni umujyi ukomeye wo muri Leta ya California
Umujyi wa Salta uherereye muri Argentine
Riviera Nayarit ni agace keza cyane k'umucanga, ko muri Mexico
Ras Al-Khaimah ni umujyi ubereye ubukerarugendo wo muri Leta zunze ubumwe z'Abarabu
Queenstown ni umujyi wo muri Nouvelle-Zélande
Rapa Nui cyangwa Easter Island ni ikirwa cyo muri Chile
Portree ni umujyi muto, ariko mwiza, wo muri Scotland
Park City ni umujyi ukomeye muri Leta ya Utah, muri Amerika
Portland ni umwe mu mijyi yo muri Leta ya Oregon
I Nairobi muri Kenya haboneka inyamaswa nubwo ari mu mujyi
I Miami muri Leta zunze ubumwe za Amerika haboneka ibyiza byinshi
Marseille ni umujyi mwiza wo mu Bufaransa
Umujyi wa Madeira muri Portugal uryohera benshi mu bihe by'impeshyi
Lower Zambezi National Park yo muri Zambia ibarizwamo inyamaswa nyinshi
Ikirwa cya Kyushu mu Buyapani kibonekaho ibyiza byinshi
Umujyi wa Kerala wo mu Buhinde ni umwe mu yasurwa muri uyu mwaka
Umujyi wa Kaunas uherereye muri Lithuania
Jamaica ni igihugu gifatwa nk'igihoramo ibirori
Istanbul muri Turikiya nayo yashyizwe ku rutonde
Umujyi wa Ilulissat muri Greenland na wo ufite ubwiza budasanzwe
Muri International Space Station ni ahantu hahurira ibyogajuru n'abahanga mu by'isanzure, kandi hashobora gusurwa
Pariki y'Igihugu ya Hwange iherereye muri Zimbabwe
Historic Silk Road Sites ho ni muri Uzbekistan
Galápagos Islands biherereye muri Ecuador
Great Barrier Reef ni agace gasurwa cyane muri Australia
Umujyi wa Franschhoek muri Afurika y'Epfo ubonekamo ibyiza byinshi
Umujyi wa Fremantle wo muri Australia na wo uri kuri uru rutonde
El Chaltén, ni umujyi mwiza cyane wo muri Argentine
Dolní Morava ni umujyi wo muri Repubulika ya Tchèque
Doha muri Qatar ni umwe mu mijyi izasurwa cyane muri uyu mwaka kuko izakira Igikombe cy'Isi cy'Umupira w'Amaguru
Devon, umujyi wo mu Bwongereza, na wo washyizwe ku rutonde
Copenhagen, umurwa mukuru wa Denmark, washyizwe ku rutonde rumwe na Kigali

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .