00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Dutemberane i Ganvié muri Bénin, icyaro cyubatse hejuru y’ikiyaga

Yanditswe na Muyisenge Jean Felix
Kuya 14 July 2022 saa 07:12
Yasuwe :

Mu kinyejana cya 17 mu ubwami bwa Dahomey kimwe n’ibindi bice byo m’u Burengerazuba bwa Afurika cyane ibikora ku nyanja ya Atlantique, ubucuruzi bw’abacakara bwari buteye imbere cyane.

Abasirikare bo mu bwoko bw’aba- Fon n’ubwami bwa Dahomey ubu yahindutse Repubulika ya Bénin, bagendaga bafata bamwe mu baturage bo mu moko afite intenge nke bakabagurisha nk’abacara ku bacuruzi bo muri Portugal.

Mu rwego rwo guhunga ubucakara abaturage bo mu bwoko bwa Tofinu bahungiye mu kiyaga cya Nokoué cyegereye umujyi wa Cotonou kubera ko ingabo z’ubwami zabahigaga zatinyaga kujya muri iki kiyaga bakekaga ko hari umudayimoni utuye mu ndiba yacyo.

Aba baturage baje gushyiraho inkingi, bubakaho inzu hagati y’iki kiyaga maze haza kuvamo icyaro cya Ganvié. Ijambo Ganvié urishyize mu Kinyarwanda risobanura “Twararokotse”.

N’ubwo ubucakara bwaje guhagarikwa, ibikorwa byo guhiga abacakara bigahagarara, abaturage bakomeje gutura muri iki cyaro cya Ganvié kugeza uyu munsi hamaze kwaguka ku buryo butanganje.

Kuri ubu aka gace gatuwe n’abaturage ibihumbi 30, benshi muri bo batunzwe n’uburobyi. Abaturage kandi bagiye bavana ubutaka ku nkombe z’ikiyaga babushyira hafi y’ingo zabo kugira ngo bororereho amatungo magufi.

Ubu Ganvié ni agace kagizwe n’amahoteli, ibitaro, insenngero, amasoko n’ibindi bikorwa by’ubucuruzi byose byubatse hejuru y’ikiyaga cya Nokoué.

Ubukerarugendo buri mu byinjiriza agatubutse aka gace, aho byibuze abakarerarugendo basaga ibihumbi 10 ari bo basura Ganvié buri mwaka.

Repubulika ya Bénin yahoze yitwa ubwami bwa Dahomey kugera mu 1970, ni igihugu giherereye m’u Burengerazuba bwa Afurika aho kiri mu bikora ku nyaja ya Atlantique. Iki gihugu gihana imbibi na Nigeria, Togo na Burkina Faso.

Mu busanzwe Bénin ifite ubuso bwa kilometero kare 114,763, igaturwa n’abaturage miliyoni 12. Umurwa mukuru w’iki gihugu ni Porto-Novo, mu gihe icyicaro gikuru cya Guverinoma giherereye mu mujyi wa Cotonou.

Abatuye iki gihugu bakoresha Igifaransa nk’ururimi rw’itumanaho bitewe ahanini n’uko bakolonijwe n’u Bafaransa guhera mu 1984, kugera mu 1960 ubwo bahabwaga ubwigenge. Hari n’indimi zikoreshwa za gakondo harimo Fon, Yoruba, Bariba na Dendi.

Iki gihugu cyizwiho kuba kiri mu byohereza hanze umusaruro wiganjemo ukomoka ku buhinzi bw’ipamba, amavuta y’amamesa n’ibikomoka mu nyanja.

Kuva muri 2016 Benin iyoborwa na Perezida Patrice Talon.

Ibikorwa by'ubucuruzi bikorwa hifashishijwe ubwato
Abakerarugendo bakunda kuhasohokera
Umujyi wa Ganvie wubatse hejuru y'ikiyaga
Umwuga w'uburobyi ni wo utunze benshi muri Ganvie
N'abana bakiri bato baba bazi kugashya ubwato buto
Imwe muri hoteli zikomeye i Ganvie
Ganvie ifite za restaurants n'amahoteli

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .