00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Icyayi, ikawa, imbuto n’imboga byinjirije u Rwanda arenga miliyari 6 Frw mu cyumweru kimwe

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 November 2022 saa 11:13
Yasuwe :

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje ko mu cyumweru gishize u Rwanda rwinjije 5,823,079$ - arenga miliyari 6 Frw - yavuye mu musaruro w’icyayi, ikawa, imboga, imbuto n’indabo byoherejwe mu mahanga.

NAEB yagaragaje ko mu cyumweru gishize u Rwanda rwohereje mu mahanga icyayi gipima toni 525.8, cyinjiza 1,567,127$. Iki cyayi cyoherejwe mu bihugu birimo Pakistan, Kazakhstan n’u Bwongereza.

U Rwanda kandi rwabashije kwinjiza 3,474,952$, yavuye muri toni 576.9 z’ikawa rwohereje mu bihugu nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Korea y’Epfo, u Bwongereza, u Busuwisi n’u Buholandi.

Uretse ikawa n’icyayi, mu cyumweru gishize u Rwanda rwabashije kohereza mu mahanga, indabyo, imboga n’imbuto bingana na toni 437.

Ibi bihingwa byoherejwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, u Bufaransa, u Bwongereza n’u Buholandi byinjije 781,030$.

Iyo uteranyije usanga ibi bihingwa byarinjirije u Rwanda arenga miliyari 6 Frw mu cyumweru kimwe.

Uretse aya miliyari 6 Frw hari n’arenga miliyoni 220 Frw u Rwanda rwinjirijwe n’ibikomoka ku matungo rwohereje mu mahanga, arenga miliyari 1,8Frw rwinjirijwe n’ibikomoka ku binyamisogwe, ibinyampeke n’amafu rwohereje mu bihugu birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Ethiopia na Niger.

U Rwanda kandi rwinjije arenga miliyari 1 Frw mu bihingwa bishobora kubyara amavuta nk’ibihwagari rwohereje mu mahanga, n’arenga miliyoni 500 Frw rwakuye mu bindi bihingwa.

Ikawa iri mu bihingwa byinjiriza u Rwanda akayabo buri cyumweru
U Rwanda rumaze igihe kinini rwohereza mu mahanga imboga
Uretse ibihingwa u Rwanda runohereza mu mahanga ibikomoka ku matungo birangajwe imbere n'inyama
U Rwanda rumaze kubona isoko rikomeye rya avoka
U Rwanda rufite isoko rigari ry'urusenda mu bihugu nk'u Bushinwa
Amafu akomoka ku binyampeke bitandukanye ari mu byo u Rwanda rucuruza mu mahanga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .