00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

I&M Bank Rwanda ku bufatanye na BPN bagaragarije ba rwiyemezamirimo bato akamaro ko gukorana n’amabanki

Yanditswe na Niyitanga Jean Paul
Kuya 6 November 2020 saa 08:53
Yasuwe :

Mu myumvire ya bamwe muri ba rwiyemezamirimo haracyarimo iyo kumva ko banki zibereyeho kubakuramo inyungu aho kuzibona nk’abafatanyabikorwa babafasha kugera ku iterambere ryabo.

Ibi bituma bamwe muri ba rwiyemezamirimo bategera banki ngo bakorane na zo bagaheranwa n’ibibazo byo kubura igishoro kibafasha mu ishoramari.

Kuri uyu wa 6 Ugushyingo 2020, Banki y’Ubucuruzi ya I&M Bank Rwanda Plc yasoje amahugurwa yitabiriwe na ba rwiyemezamirimo bato n’abaciriritse mu rwego rwo kubafasha gusobanukirwa uko bakorana na banki zikabafasha kwiteza imbera.

Umuyobozi Mukuru wa I&M Rwanda Plc, Robin Bairstow, avuga ko ba rwiyemezamirimo bato bafite uruhare rukomeye mu iterambere ry’ubukungu ku buryo kubaha amahugurwa abafasha kumenya imikorere ya banki bizabafasha kwiteza imbere n’igihugu muri rusange.

Yagize ati “Ba rwiyemezamirimo bato n’abaciriritse ni ingenzi mu bukungu n’iterambere rusange. Muri I&M Bank ibi tubiha agaciro cyane kuko twizera ko kubafasha mu buryo nk’ubu bw’amahugurwa nk’aya bizakomeza inkingi z’ishoramari.”

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kwita ku bashoramari bato n’abaciriritse muri I&M Bank Rwanda, Mushashi Delphine, yashimangiye ko amahugurwa akangurira urubyiruko rushaka kwinjira mu ishoramari ari ingenzi.

Yagize ati “Tugamije kwigisha aba ba rwiyemezamirimo bato n’abaciriritse uburyo bagirana imikoranire myiza na za banki; bakamenya ibyo banki iba ikeneye, uburyo bashobora kumenya kubika amakuru akenewe y’ibyo bakora, kumenya kwishakamo ibisubizo cyane cyane no kwegera banki kugira ngo ibahe ubufasha mu gihe babukeneye.”

Avuga ko hari ikibazo cy’imyumvire iki hasi yo kumva ko za banki zibereyeho kurya amafaranga y’abakiliya no kubakuraho inyungu gusa, nyamara ngo banki zibereyeho kuba abafatanyabikorwa bafasha abantu kwiteza imbere.

Ku rundi ruhande, Mushashi agaragaza ko banki na zo zikwiye kongera gahunda zo kwegera abakiliya, ari na yo mpamvu I&M Bank Rwanda yashyizeho ishami rishinzwe kwita kuri ba rwiyemezamirimo bato n’abaciriritse ndetse n’abakozi babasanga aho bakorera bakaganira na bo bakanoza imikoranire.

Umuyobozi wa Polybags Rwanda Ltd, Kabahizi Ilumine, ukora ibikoresho byo gupfunyikamo, uri mu bitabiriye amahugurwa ya I&M Bank Rwanda, avuga ko yamwigishije ibirimo imikorere ya banki yizeye ko bizamufasha kumenya uko akorana nazo.

Ati “Burya dukorana na banki abenshi tutazi imikorere yazo neza, ariko ubu ni byiza kuko twasobanukiwe imikorere yazo. Nkuyemo ikintu cyitwa kugirana imikoranire na banki, ubu sinzongera gutegereza ko banki iza kunshaka gusa, nanjye ngomba kuyegera nkagirana imikoranire myiza na bo.”

Umuyobozi w’Ikigo gitanga Ubujyanama kuri ba Rwiyemezamirimo, Business Professionals Network (BPN), Nkulikiyinka Alice, avuga ko hakenewe guhindura imyumvire ya ba rwiyemezamirimo bagifite ubwoba bwo gukorana na banki.

Yavuze ko ba rwiyemezamirimo benshi babona banki bakazifata nk’ikintu kibarusha ubushobozi batakorana na cyo, nyamara ngo bakwiye kuzibona nk’inshuti ibafasha kugera ku iterambere.

Nkulikiyinka yashimangiye ko banki na zo zikwiye kwegera abakiliya zikabasobanurira amahirwe ahari mu gukorana nazo.

Kuri ubu, ba rwiyemezamirimo bato n’abaciriritse barimo guhabwa inguzanyo zisaba inyungu nkeya muri gahunda yashyizweho na Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) ndetse n’inkunga ya miliyoni eshanu n’igice z’amayero zatanzwe n’u Budage zizabafasha kuzahura imishinga yabo yadindijwe na COVID-19.

Abatanze amahugurwa babajije ibibazo bitandukanye ngo basuzume ubumenyi bw'abayitabiriye
Abitabiriye aya mahugurwa bahawe impamyabushobozi zihamya ubumenyi bayakuyemo
Umuyobozi Mukuru wa I&M Rwanda Plc, Robin Bairstow, avuga ko ba rwiyemezamirimo bato bafite uruhare rukomeye mu iterambere ry’ubukungu
Umuyobozi wa BPN, Nkulikiyinka Alice, avuga ko hakenewe guhindura imyumvire ya ba rwiyemezamirimo bagifite ubwoba bwo gukorana na banki
Visi Guverineri wa Banki Nkuru y'u Rwanda (BNR), Dr Monique Nsanzabaganwa, atanga ubutumwa ku bitabiriye aya mahugurwa
Umuyobozi wa Polybags Rwanda Ltd, Kabahizi Ilumine, yavuze ko yungutse ubumenyi ku mikorere ya banki
Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kwita ku bashoramari bato n’abaciriritse muri I&M Bank Rwanda, Mushashi Delphine, yashimangiye ko gukangurira urubyiruko kwinjira mu ishoramari ari ingenzi
Moses Turahirwa umaze kwamamara mu bahanga imideli mu Rwanda, ku izina rya Moshions ari mu bitabiriye iki gikorwa
Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kwita ku bashoramari bato n’abaciriritse muri I&M Bank Rwanda, Mushashi Delphine, atanga ubutumwa mu gikorwa cyo gusoza amahugurwa yegenewe ba rwiyemezamirimo
Aya mahugurwa yitabiriwe na ba rwiyemezamirimo bato n'abaciriritse bakora ibintu bitandukanye

Amafoto: Niyonzima Moïse


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .