00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyo wamenya ku mishinga y’urubyiruko itanga icyizere ihatanye muri ‘Level Up your Biz’ ya MTN

Yanditswe na Mukahirwa Diane
Kuya 1 December 2022 saa 08:10
Yasuwe :

Imishinga itandatu y’urubyiruko niyo yageze ku cyiciro cya nyuma cya ‘Level Up your Biz Initiative’ gahunda ya Sosiyete y’Itumanaho MTN Rwanda, igamije guteza imbere imishinga ya ba rwiyemezamirimo b’urubyiruko.

Iyi ni gahunda yatangijwe muri Mata 2021, MTN ikaba iyishyira mu bikorwa binyuze muri MTN Foundation itera inkunga imishinga itandukanye igafatanya n’Umuryango Inkomoko ufasha ba rwiyemezamirimo kugira ubumenyi bugamije kwagura imishinga yabo.

Ku wa 6 Ukwakira 2022, nibwo hatoranyijwe batandatu muri 158 bari biyandikishe, aba bakomeza mu cyiciro cya nyuma bakaba bamaze igihe bahugurwa na Inkomoko ku buryo bwo kwagura ibikorwa byabo.

Kuri uyu wa 30 Ugushyingo 2022, beretse akanama nkemurampaka kazatoranyamo batatu bazahabwa ibihembo, imishinga yabo n’inyungu rusange ifitiye sosiyete Nyarwanda.

Roumeza Limited (Misozi Brand)

Uruganda rw’imideli rukomeje gushinga imizi mu Rwanda, bitewe n’abahanga imideli bakomeje gukora iyo bwabaga kugira ngo bashyire itafari kuri rwo.

Mu bakomeje gutanga umusaruro harimo na Dushimiyimana Regis, watangije Misozi Brand, ukorera imyambaro ya siporo mu Rwanda, ibintu bitamenyerewe kuko ubu bwoko benshi babutumiza mu bihugu by’amahanga.

Misozi Brand yatangiye mu 2018 ikora ibikoresho bitandukanye bya siporo byiganjemo imyambaro n’ibikapu, bafite intego zo gufasha Abanyarwanda kubona iyi myambaro bitabasabye kuyikura hanze.

The Kandid

The Kandid ni umushinga utanga icyizere mu kurenegera ibidukikije kuko bakora buje n’amavuta yo kwisiga n’ayo mu musatsi, bikomoka kubimera ku buryo bitangiza ibidukije.

Uyu ni umushinga watangijwe na Nzeyimana Kaze Olivia, agamije gufasha abantu kubona bougie n’amavuta byakorewe mu Rwanda kandi bitangiza ikirere mu kurushaho guhangana n’imihandagurikire y’ibihe. Ibyo bakora biva mu bihingwa bitandukanye nka Coconut.

Flove Ltd

Abasilimu b’i Kigali n’ahandi bamaze gusobanukirwa ko badakeneye amasakoshi yavuye i Burayi kugira ngo barimbe ahubwo bashobora no kugira akorewe mu Rwanda afite ubwiza.

Mu 2020 nibwo Girabawe Gloria yatangiye gukora amasakoshi akozwe mu ruhu n’ibindi bitambaro haba ayo kubikamo amafaranga, gutwaramo imashini n’andi abantu bifashisha mu buzima bwa buri munsi.

Girabawe yatangiye uyu mushinga ashaka gufasha abangavu babyaye, bikarangira ubuzima bwabo budakomeje nk’uko bisanzwe ahitamo kubigisha umushinga bakuraho ubumenyi n’ubushobozi mu mafaranga.

Kayko

Kayko ni umwe mu mishinga y’urubyiruko y’ikoranabuhanga itanga icyizere kuko waje gufasha abacuruzi, cyane abakora ubucuruzi bagitangira ibikorwa byabo.

Iyi ni ‘application’ yatangijwe n’abasore babiri Kayisire Crepin na Kayisire Kevin, ifasha abacuruzi kwandika mu buryo bw’ikoranabuhanga ibikorwa byabaye mu bucuruzi bwabo.

Abantu bagitangira ubucuruzi usanga babika amakuru y’ibyo bakoze mu bitabo, bishobora kuba byakwangirika cyangwa bigahera mu buryo bworoshye ukabura ya makuru.

Kayko yatangiye mu 2021 ifite intego zo gufasha abacuruzi kubika amakuru y’ibikorwa byabo mu buryo bw’ikoranabuhanga kandi bwizewe.

Vuga Ukuri Innitiative

Ibibazo byo mu mutwe ni kimwe mu bihangayikishe igihugu, nubwo imibare ikiri hejuru ariko usanga ubuvuzi budahagije cyangwa se bushobora kuboneka hose cyane mu bice by’icyaro.

Uyu ni umushinga watangijwe na Kubwubuntu Ismael, utanga ubufasha ku buvuzi bw’indwara zo mu mutwe aho bahuza abazifite n’inzobere z’abaganga bakabavura.

Umuntu ufite iki kibazo anyura ku rubuga rw’uyu mushinga agahuzwa n’umuganga akamufasha mu buryo bwihuse kandi amakuru y’umurwayi abikwa mu ibanga.

Real Brothers LTD

Real Brothers LTD ni umushinga w’urubyuriko rwishyize hamwe mu gukora ubuhinzi bujyanye n’igihe bw’ibihumyo, aho babitera bakabigemurira isoko ryo mu Rwanda.

Usibye kubihinga kandi batanga ubumenyi mu kubihinga ku bahinzi batandukanye bo hirya no hino mu gihugu.

Iyi mishinga itandatu yagaragajwe akanama nkemurampaka kagiye gutoranywamo itatu izahembwa, ikazahabwa amafaranga n’ubundi bufasha bwo kwagura ibikorwa byabo.

Akanama nkemurampaka kagiye gutoranyamo batatu bahiga abandi
Kayko igamije gufasha ba abacuruzi kubika amakuru y'ibyo bakoze
Dushimiyima Regis yatangije Misozi Brand ikora imyambaro ya siporo
The Real Brothers ishishikajwe no guhaza isoko ry'u Rwanda mu bihaza
Nzeyimana Kaze yakoze The Kandid ikora buje n'amavuta mu bimera
Uru rubyiruko rwerekanye imishinga yarwo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .