00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uwamahoro ukinira Ikipe y’Igihugu yashinze iduka ngo atazandagara nyuma yo guhagarika Volleyball

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 18 January 2021 saa 07:25
Yasuwe :

Umukinnyi wo hagati w’Ikipe y’Igihugu y’Abagore ya Volleyball na RRA VC, Uwamahoro Béatrice, yavuze ko yishimira kuba yarageze ku nzozi zo gushinga iduka ricuruza imyambaro, aho abifatanya no gukina.

Ubusanzwe, abakinnyi benshi mu Rwanda bavugwaho gusesagura amafaranga bahembwa ndetse bamwe bagataka ubukene iyo amakipe yabo amaze igihe atabahembwa.

Guhera mu mwaka ushize, inzego zitandukanye zirimo Minisiteri ya Siporo na Komite Olempike y’u Rwanda zatangije uburyo bushobora gufasha abakinnyi kwizigamira no kwiteza imbere binyuze mu mishinga ishobora guterwa inkunga.

Uwamahoro Béatrice ukinira RRA VC n’Ikipe y’Igihugu ya Volleyball, ni umwe mu bakinnyi biteje imbere, aho kuva muri Nzeri 2018, yashinze iduka ricuruza imyambaro y’ingeri zitandukanye i Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, yavuze ko yakuze afite inzozi zo kuzakora ubucuruzi ndetse yishimira kuba yarabigezeho abifashijwemo n’amafaranga yakuye mu gukina Volleyball.

Ati “Kuva nkiri muto nari mfite inzozi zo kuzajya mu bucuruzi. Nize ibijyanye na Mudasobwa mu mashuri yisumbuye no muri Kaminuza, ndi n’umukinnyi wa Volleyball. Hari amafaranga make nagiye nizigama nyakuye mu gukina. Nyuma nabonye ikiraka cya REB, nkuramo amafaranga make nongeraho mbona gutangira.”

“Ntabwo natangiye iduka ari rinini, natangiye njya mu iduka bampa agace gato ko gukoreramo, ncuruza imyenda y’abagore, nyuma noneho nza kwagura. Ubu sinkicuruza iy’abagore gusa, hari imyenda y’abagabo, abasore, abantu bose mfite imyenda yabo.”

Yakomeje avuga ko akenshi usanga umushahara abakinnyi bakorera udashobora kubatunga igihe cyose, bityo akaba ari yo mpamvu yahisemo gushinga iduka ry’imyenda atarindiriye kugwiza amafaranga menshi.

Ati “Ntabwo Volleyball ishobora kugutunga ubuzima bwawe bwose, uba ugomba gushakisha kugira ngo urebe ko ubuzima bwawe bwazaba bwiza ahazaza. Ubundi Volleyball igufasha cyane cyane kwiga kandi urabizi ko hari igihe kigera umukinnyi akareka gukina, ushobora kuvunika, ushobora gusezera, naje mu bucuruzi kugira ngo nabyo bimfashe. “

Uwamahoro Béatrice watangiye gukina Volleyball ku rwego rwo hejuru ari muri GS Rwaza, yagiye muri RRA VC mu 2009, aho ayimazemo imyaka 12 ndetse akaba yaragiye ahamagarwa mu Ikipe y’Igihugu mu byiciro bitandukanye.

Yavuze ko abakinnyi bakwiye kujya bakoresha neza amafaranga yose babonye ndetse bagatangira guteganyiriza ahazaza bahereye kuri make bafite.

Ati “Nza mu RRA mu 2009, nari mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye, inyishyurira ishuri, impemba muri Kaminuza, njyewe nkabasha gukuramo amafaranga yo kwirihira.”

“Inama nagira abakinnyi bagenzi banjye, burya ntabwo wavuga ngo uzahera ku mafaranga menshi, n’amafaranga make uyaheraho akagenda yiyongera. Nabagira inama yo gutinyuka, bazigame ku mafaranga bahembwa kugira ngo bagere ku byo bifuza.

Uwamahoro yavuze ko gukora ubucuruzi bwe bitabangamira ubuzima busanzwe bwo gukina, kuko yitabira imyitozo saa kumi n’imwe z’umugoroba, agasiga umuvandimwe we acuruza.

Abakinnyi b’imikino itandukanye mu Rwanda bari mu bagizweho ingaruka zikomeye n’icyorezo cya Coronavirus ndetse abagera ku 2000 byagaragajwe ko bagowe no kubona ibyo kurya ku buryo bakeneye ubufasha mu mwaka ushize.

Uwamahoro Béatrice ukinira RRA VC n'Ikipe y'Igihugu ya Volleyball yashinze iduka ricuruza imyenda i Nyamirambo
Uwamahoro yatangiye acuruza imyambaro y'abagore gusa, ariko kuri ubu acuruza imyambaro y'ingeri zose
Uyu mukinnyi wugarira 'Libero' yavuze ko yakuze afite inzozi zo kuzakora ubucuruzi
Uwamahoro washinze iduka rikorera i Nyamirambo, yagiriye inama abandi bakinnyi kwiteganyiriza kuko umwuga wabo umara igihe gito
Uwamahoro Béatrice amaze imyaka 12 akinira RRA VC
Akina mu kibuga hagati yugarira 'libero'
Uwamahoro yahembwe nka libero mwiza wa Shampiyona y'Abagore ya 2018/19

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .