00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iserukiramuco ‘Ubumuntu’ ryasubukuwe nyuma y’imyaka igera kuri itatu (Amafoto)

Yanditswe na Mukahirwa Diane
Kuya 16 July 2022 saa 11:35
Yasuwe :

Hari hashize imyaka ibiri iserukiramuco rya mbere muri Afurika mu buhanzi n’ubugeni hagamijwe impinduka mu mibereho y’abantu, rizwi nka “Ubumuntu Arts Festival” ritaba bitewe n’icyorezo cya Covid-19.

Ryongeye gusubukurwa kuva ku wa 14-17 Nyakanga 2022, rikaba riri kubera ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali. Ubwo ryafungurwaga ku mugaragaro abahanzi batandukanye baturutse mu bihugu 16 bagaragaje ibihangano bisaba abantu gukomera ntibacike intege.

Iyi nsanganyamatsiko bayihisemo bitewe no kuba abantu bari bamaze igihe mu bihe bigoye bya Covid-19 byatumye hari abagira ukwiheba, niko guhitamo gukora ibihangano bibasubizamo intege.

Hope Azeda watangije iri serukiramuco, yavuze ko hagaragajwe ibihangano bishishikariza abantu kongera kugira icyizere cy’ubuzima nyuma y’ibihe bitoroshye bamazemo igihe.

Ati “Ibihangano byinshi byibutsaga abantu ubumuntu, bareke kwiheba kuko banyuze mu bihe byari bikomeye. Hagaragaraye ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe byaterwaga no kuba bihebye. Ibihangabo byose birimo birakangurira abantu kugira icyizere no kubibutsa ko bagihari kandi ejo ari heza.”

Hari ibihugu byagiye byifatanya bigategura umukino umwe Azeda avuga ko ibi bigaragaza ubufatanye kandi ko usanga ibibangamiye ubumuntu ari bimwe ku Isi bityo ko no mu kubihashya hakwiye ubufatanye.

Azeda yaboneyeho umwanya wo gusaba abatuye Isi kurangwa n’amahoro kuko ari cyo kizatuma babaho bishimye.

Ati “Ejo ni heza! Abantu bareke kwiheba kuko tumaze igihe duhagaze, ejo ni heza ariko izo mbaraga ziri muri twebwe ntabwo Isi yaguha umucyo wowe utawihaye, banza uwishakemo, ntiyaguha urukundo utayiruhaye. Muri make twe twikoremo umuganda mbere yo kubishaka ahandi, tubibe imbuto z’amahoro.”

Iserukiramucu ‘Ubumuntu’ rigiye kumara iminsi itatu ryitabiriwe n’ibihugu 16 birimo u Rwanda, Uganda, u Busuwisi, u Budage, Bosnia, Amerika, Misiri, Zimbabwe, u Bubiligi, Sri-Lanka Maroc, u Buholandi n’ahandi.

Moses Turahirwa na Cedric Mizero mu bitabiriye iri serukiramuco
Mashirika yagaragaje umukino ugaragaza iterambere ry'Isi
Ibihugu bitandukanye byerekanye ibihangano byabyo
Hope Azeda watangije iri serukiramuco, yavuze ko hagaragajwe ibihangano bishishikariza abantu kongera kugira icyizere cy’ubuzima nyuma y’ibihe bitoroshye bamazemo igihe
Hope Azeda watangije iri serukiramuco, yavuze ko hagaragajwe ibihangano bishishikariza abantu kongera kugira icyizere cy’ubuzima nyuma y’ibihe bitoroshye bamazemo igihe
Gufatanya no gukorera hamwe bitanga icyizere cy'ubuzima
Abitabiriye banyuzwe n'ibyo babonye
Abanyafurika y'Epfo bagaragaje imbyino na zo zirema icyizere mu bantu
Abakunda ibihangano nk'ibi bashyizwe igorora
Abahanzi bashishikajwe no kuremamo abantu icyizere cy'ubuzima cyayoyokeye muri Covid-19

Amafoto: Igirubuntu Darcy


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .