Muri iyi nyandiko turibanda ku myandikire y’amagambo yerekana ibihe yandikwa mu ijambo rimwe. Ayo magambo ni “nimunsi”, “nijoro”, “nimugoroba” “ejobundi”.
Turarebera hamwe kandi imyandikire y’amagambo “ho”, “yo”, “mo” na “ko” yandikwa afatanye n’inshinga akurikiye keretse gusa iyo iyo nshinga ari “ni” cyangwa “ si”.
Turasoreza ku myandikire y’amagambo avuga ahantu yandikwa ubusanzwe afatanye ariko ugasanga hariho abayandika mu magambo abiri. Icyo gihe baba bakoze amakosa mu myandikire. Ayo magambo ni “imuhira”, “iburyo”, “ibwami”, “ivure”, “imbere”, “inyuma”, “ibumoso” “ikambere” “iheru”, “iwacu” n’ayandi ateye atya.
Ingero
TANGA IGITEKEREZO