Muri iyi nyandiko turibanda ku myandikire y’amagambo yandikwa mu gihe kimwe afatanye ikindi agatandukana bitewe n’aho yakoreshejwe mu nteruro.
Ayo magambo ni ni ko, niko, ni uko, nuko, nubwo, na ni ubwo.
Amagambo afatiwe hamwe akarema ijambo rimwe (inyumane) akomoka ku yandi atakibukirwa ayo asimbura yandikwa afatanye.
Nyamara iyo ahuje ishusho n’izo nyumane kandi akerekeza ku kintu kizwi cyangwa kibukwa mu buryo bugaragara, yandikwa atandukanye.
Imyandikire y’amagambo “kugira ngo” na yo ikunze kugora benshi. Aya magambo yandikwa atandukanye buri gihe.
TANGA IGITEKEREZO