Ku wa 6 Ugushyingo 2020 nibwo Ikigo QA Venue Solutions cyahawe gucunga Kigali Arena mu myaka irindwi, cyafunguriye abanyabugeni amahirwe yo gutanga ibirango bishobora gutoranywamo icyiza.
Abagera ku 1700 barimo abantu ku giti cyabo n’abahagarariye ibigo bitandukanye mu gihugu ni bo batanze ibirango bakoze.
Kigali Arena ibinyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter, yashimye abantu bose bagerageje amahirwe muri iri rushanwa.
Iti "Batanu ba mbere baganirijwe mu cyumweru gishize ndetse ibirango bitanu byose byashyikirijwe abafatanyabikorwa bacu bagomba kubirebaho bwa nyuma mbere y’uko abagize Akanama Nkemurampaka [barimo abahagarariye abahanzi b’abanyabugeni, Guverinoma y’u Rwanda n’ubuyobozi bwa Kigali Arena] bahitamo uwatsinze.’’
Igihe uwatsinze azatangarizwa ntabwo cyashyizwe ahagaragara, ariko integuza yari yatanzwe ni uko kuri uyu wa 4 Ukuboza 2020 aribwo byagombaga gukorwa.
Kigali Arena iti “Turakomeza kubaha amakuru y’igihe ikirango cyatoranyijwe kizatangarizwa. Murakoze gukomeza kwihangana.’’
Ubwo hatangazwaga isoko ryo gukora ikirango cya Kigali Arena aho n’Abanyarwanda bahawe amahirwe yo kugaragaza impano zabo mu gushushanya ikiranga iyi nyubako iri mu zikomeye ziberamo ibikorwa bya siporo muri Afurika, Umuyobozi wa QA Venue Solutions, Kyle Schofield, yavuze ko ritanga amahirwe ku Rwanda rwose.
Yagize ati “Turizera ko iri rushanwa ari amahirwe adasanzwe ku muryango Nyarwanda yo kwerekana Kigali Arena mu bundi buryo. Ikirango kizatoranywa ni ikizaba cyihariye ku buryo gishushanyije, umwimerere wacyo, cyoroshye gusobanurwa ndetse turi gushaka ikirango kigaragaza by’ukuri imiterere ya Kigali Arena.’’
Umunyabugeni ikirango cye kigatoranywa ko kizajya gikoreshwa azahabwa 1000$ n’ibindi bihembo bitandukanye.
Kigali Arena iherereye i Remera, iruhande rwa Stade Amahoro, yatashywe muri Kanama 2019. Yakiriye ibikorwa birimo amajonjora y’ibanze y’irushanwa Nyafurika muri Basketbal, BAL, ndetse yanabereyemo igitaramo cyaririmbyemo Umunyamerika Ne-Yo.
Iyi nyubako ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 10 000 bicaye neza. Ni iya mbere nini y’imikino mu Karere ka Afurika y’Uburasirazuba n’iyo Hagati ndetse iri mu icumi za mbere muri Afurika yose.
Ifite uburebure bwa metero 18,6 uvuye ku gisenge. Yakira imikino ya Basketball, Volleyball, Tennis na Football ikinirwa mu nzu. Ishobora kwakira ibitaramo, inama mpuzamahanga, ibiterane n’ibindi bikorwa bitandukanye.
1/2 #LogoCompetition - We would like to thank everyone who entered the Kigali Arena Logo competition. We received over 1700 submissions from both individuals & agencies across the country. pic.twitter.com/AQhbLbUGlW
— Kigali Arena (@kigali_arena) December 4, 2020
2/2 - The Top 5 Finalists were contacted over the past week & all 5 logos have been submitted for a final audit with our stakeholders before our judges select the winner. We will keep you updated on the announcement & unveiling of the selected logo & thank you for your patience.
— Kigali Arena (@kigali_arena) December 4, 2020
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!