00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rumaga yavuganiye abagore baterwa inda bagatereranwa

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 22 March 2022 saa 01:56
Yasuwe :

Rumaga Junior wa Nsekanabo uri mu basizi bari kwigaragaza neza, yashyize hanze igisigo yise “Komera Mukobwa” kigaruka ku b’igitsinagore basabwa ruswa y’igitsina kugira ngo bahabwe serivisi zitandukanye bikarangira batwaye inda ntibanafashwe.

Ni igisigo kiri muri bitatu uyu musizi yahisemo gushyira hanze nk’integuza ya album yitegura gusohora mu minsi iri imbere.

“Komera Mukobwa” ni igisigo kigaruka ku ngaruka abakobwa bahura na zo bitewe no gusabwa ruswa y’igitsina.

Uyu musizi agitangira iki gisigo humvikanamo inkuru mpimbano z’abagore baba bavuga ukuntu batewe inda bagatereranwa. Umwe mu bagore bavugamo agira ati “Nkimuhamagara mubwira ngo cya gihe turyamana nasanze ntwite, yahise akuraho telefoni. Nkamuhamagara ntiyitabe.”

Uyu musizi yabwiye IGIHE ko yatekereje iki gisigo kubera ubuzima abantu babamo cyane ab’igitsinagore bashukwa n’abishakira kubasambanya.

Yagize ati “Ni ibintu bibaho mu buzima busanzwe. Nifuzaga gutanga ubutumwa bwo kugira ngo abagabo bareke ubuhemu bwo gufatirana abagore kubera serivisi babakeneyeho barangiza bakabatererana mu kurera abana.”

Avuga ko nk’umuhanzi yifuje gukebura abagabo bagenzi be kugira ngo sosiyete ikomeze gutera imbere kurushaho, kuko iyo umugore abangamiwe ubuzima bwayo bugenda nabi.

Avuga ko abakobwa inkuru abakobwa batangira bavuga atari impamo ahubwo ari izo yaremye.

Ati “Ntabwo ari inkuru za nyazo ahubwo ni ubuhamya naremye ngendeye ku bibaho.”

Rumaga avuga ko ateganya gushyira hanze ikindi gisigo cya gatatu mu byo ashaka kubanza gushyira hanze kuri album izasohoka muri Mata.

Rumaga ari kwitegura gushyira hanze album yise ‘Mawe’ iriho ibisigo 10. Yaherukaga gushyira hanze ibisigo birimo “Umudiyasipora”, ‘‘Wumva ute?’’, ‘‘Unbreakable promise’’, ‘‘Nzoga’’, ‘‘Ivanjiri’’, ‘‘Umugore si umuntu’’, ‘‘Bikwiye kwigwaho’’, ‘‘Tugane iwacu’’, “Ay’abasore’’ na “Intambara y’ibinyobwa”.

Rumaga ari kwitegura gushyira hanze album y'ibisigo 10
Rumaga ni umwe mu basizi bagezweho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .