Ni umunsi watangiye kwizihizwa ku Isi mu 1983 nyuma yo kwemezwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubumenyi n’Umuco (UNESCO). Intego y’uwo munsi ni ubukangurambaga ku kamaro k’urunyuranyurane rw’imico y’ikiremwamuntu, n’impamvu ari ngombwa gukora ibishoboka byose ngo imico itandukanye ibungabungwe binyuze mu bihangano n’ubugeni.
Umujyi wa Kigali ni umwe mu ikomeje gushyirwamo ibibumbano bitandukanye byiganjemo ibivuga ku mateka, ubukerarugendo, imibereho y’Abanyarwanda n’ibindi.
Kuri uyu munsi, IGIHE yateguye amafoto amwe agaragaza bimwe mu bibumbano biryoheje ijisho biri hirya no hino mu Mujyi wa Kigali.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!