00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uko King Ngabo arimo gukoresha ubugeni mu kurema urwibutso rw’ababuze ababo muri Jenoside

Yanditswe na
Kuya 14 May 2023 saa 11:20
Yasuwe :

Kimwe mu bishengura imitima y’ababuze ababo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ni ukutagira urwibutso rwabo nk’amafoto cyangwa ikindi gishobora gutuma babahora hafi nubwo batakiriho.

Ibi biterwa n’ubugome bw’indengakamere iyi Jenoside yakoranywe ku buryo abantu bicwaga ndetse bakanatwikirwa, aho usanga hari umuntu wasigaye ahagaze nta kintu na kimwe afite.

Hari abagize amahirwe adasanzwe yo kuba bashobora kubona ifoto, kuri ubu ikaba ishaje cyangwa se uwo muntu akaba yari kumwe n’abandi ku ifoto bikaba bigoye cyane ko yaba urwibutso rwa wenyine.

Aka gahinda ni ko umuhanzi usanzwe umenyerewe mu gukora inkuru zanditse n’izishushanyije King Ngabo, ari kugerageza guhanagura ku mitima y’abatagifite urwibutso rw’ababo.

Mu kuganiro na King Ngabo yavuze ko bafasha abantu bafite amasura y’abantu babo agiye kwangirika cyangwa ari mu bundi buryo, bakaba bayahinduramo ifoto nziza y’urwibutso.

Ati “Iki ni igikorwa natekereje cyo kugarura amasura y’abantu bishwe muri Jenoside, uyu munsi wa none hari abantu basigaranye nk’ifoto imwe ugasanga hari n’abasigaranye nk’imwe yabaga ku ndangamuntu gusa. Dukoresha impano Imana yaduhaye kugira ngo dutange umusanzu.”


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .