Ibi biterwa n’ubugome bw’indengakamere iyi Jenoside yakoranywe ku buryo abantu bicwaga ndetse bakanatwikirwa, aho usanga hari umuntu wasigaye ahagaze nta kintu na kimwe afite.
Hari abagize amahirwe adasanzwe yo kuba bashobora kubona ifoto, kuri ubu ikaba ishaje cyangwa se uwo muntu akaba yari kumwe n’abandi ku ifoto bikaba bigoye cyane ko yaba urwibutso rwa wenyine.
Aka gahinda ni ko umuhanzi usanzwe umenyerewe mu gukora inkuru zanditse n’izishushanyije King Ngabo, ari kugerageza guhanagura ku mitima y’abatagifite urwibutso rw’ababo.
Mu kuganiro na King Ngabo yavuze ko bafasha abantu bafite amasura y’abantu babo agiye kwangirika cyangwa ari mu bundi buryo, bakaba bayahinduramo ifoto nziza y’urwibutso.
Ati “Iki ni igikorwa natekereje cyo kugarura amasura y’abantu bishwe muri Jenoside, uyu munsi wa none hari abantu basigaranye nk’ifoto imwe ugasanga hari n’abasigaranye nk’imwe yabaga ku ndangamuntu gusa. Dukoresha impano Imana yaduhaye kugira ngo dutange umusanzu.”
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!