00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Inteko Izirikana yizihije imyaka 20, herekanwa inyungu ihishe mu murage w’u Rwanda (Amafoto)

Yanditswe na Ferdinand Maniraguha
Kuya 9 December 2023 saa 01:35
Yasuwe :

Umuryango Inteko Izirikana ugamije kumenyekanisha amateka, umuco n’ururimi by’u Rwanda wizihije imyaka 20 umaze ubayeho, hishimirwa uruhare wagize mu kumenyekanisha ubukungu buhishe mu murage w’u Rwanda.

Ibirori byo kwizihiza uyu munsi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 8 Ukuboza ahazwi nka Camp Kigali mu Karere ka Nyarugenge.

Inteko Izirikana ni umuryango utari uwa Leta washinzwe n’inararibonye 12 mu 1997. Uyu muryango wabonye ubuzima gatozi mu 2003 ari na yo mpamvu wizihiza imyaka 20 ubayeho.

Ni umuryango wiganjemo abageze mu zabakuru basobanukiwe amateka, umuco n’ururumi by’u Rwanda ariko hakabamo n’abakiri bato kugira ngo ubwo bumenyi bukomeze guhererekanywa.

Inteko Izirikana nubwo ari Umuryango utari uwa Leta, wagiye ufatanya kenshi na Leta ndetse n’izindi nzego mu bushakashatsi n’ibindi bikorwa bigamije gusigasira umuco n’amateka.

Umuyobozi w’Inteko Izirikana, Murekeyisoni Kalisa Sylvie yavuze ko bajya gushinga uwo muryango, babonaga ko umuco, ururimi n’amateka by’u Rwanda ari inkingi ya mwamba mu kongera kubaka umuryango nyarwanda.

Ati “Nyuma y’amahano ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, buri Munyarwanda ufite umutima yari afite inshingano yo gutanga umusanzu we wo kongera kubaka umuryango w’Abanyarwanda muri rusange.”

Yakomeje agira ati “Bamwe mu Banyarwanda barambye ku bupfura, bagenze henshi kandi bakabona byinshi, baricaye bajya inama yo kubaka ibirama mu Rwanda maze bashinga ihuriro rizirikana umurage w’u Rwanda kugira ngo rizahore ari umuyoboro bazajya banyuzamo inama, ibitekerezo n’ingamba z’ibikorwa byafasha kongera kubaka u Rwanda n’Umunyarwanda.”

Yavuze ko nubwo ari umuryango wiganjemo abakuze, bagerageza kujyanisha ibyo bakora n’ibigezweho kugira ngo n’ab’ubu babyibonemo kandi bibanogere.

Ati “Inteko Izirikana si umuryango w’abantu bizirika ku bya kera bitajyanye n’igihe, ahubwo ni abantu bagambiriye gufatanya na Leta ndetse n’Abanyarwanda mu guharanira ko umurage w’u Rwanda wajyanishwa n’iterambere igihugu cyifuza.”

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana yashimye akazi gakorwa n’Inteko Izirikana, yizeza ko bazakomeza gukora ibishoboka byose ibyo bakora bigakomeza kandi bikabyazwa umusaruro.

Yagize ati “Bisaba ko urubyiruko rwumva ko uyu muco, aka kazi gakorwa n’Inteko Izirikana bibareba. Mu nshingano za Leta tuzakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo izi ndangangaciro mwatangiye kwigisha urubyiruko rwacu rukomeze kuzisigasira.”

Dr Bizimana kandi yavuze ko ari inshingano gukomeza kwegera abageze mu zabukuru kugira ngo ubumenyi bafite bushyirwe mu nyandiko n’ikoranabuhanga, kugira ngo n’abazavuka mu bihe bizaza bazabwifashishe.

Ati “Tugomba gukora ibishoboka byose kugira ngo ubumenyi mufite bukomeze kumenyekana binyuze mu bushakashatsi ariko binyuze no mu gutanga ubuhamya. Muri isoko y’ibitabo, turifuza ko ubuhamya mufite buvamo ubushakashatsi bukomeye.”

Nubwo Inteko Izirikana imaze imyaka 20, yagaragaje ko igifite imbogamizi zirimo amikoro n’ibikoresho byo gukomeza gukra ubushakashatsi, kwandika ibitabo no kumenyekanisha umuco n’amateka y’u Rwanda.

Kugeza ubu muri 12 bashinze Inteko Izirikana, abakiriho ni batatu barimo Pasiteri Ezra Mpyisi.

Uyu muhango kandi waranzwe n’ibikorwa bigaragaza umuco n’amateka y’u Rwanda birimo imbyino, imyambaro n’amafunguro agaragaza umwihariko wa Kinyarwanda no gushimira abagira uruhare mu gusigasira no guteza imbere umurage.

Muganga Rutangarwamaboko Modeste n'Intore Massamba bakurikiranye uyu muhango
Kagame Geoffrey na Modeste Nsanzabaganwa bari mu bagize Inteko Izirikana bari bitabiriye
Urubyiruko rwitabiriye uyu muhango
Umuyobozi wungirije w'Inteko y'Umuco, Jean Claude Uwiringiyimana (ibumoso) ari mu bitabiriye
Abana bato ubwo bamurikaga uko urungano rwabo rwa kera rwambaraga mu Rwanda
Nsanzabaganwa Modeste uri mu bagize Inteko Izirikana yari yabukereye
Intore Massamba yari yabukereye muri uyu muhango
Itorero Intayoberana niryo ryasusurukije abitabiriye uyu muhango
Umukozi wa MINUBUMWE, Mutangana Steven ari mu bakurikiranye uyu muhango
Abagira uruhare mu gusigasira amateka nyarwanda bari babukereye
Impengeri (amasaka atetse) ziri mu biribwa byakumbuje benshi indyo nyarwanda
Amateke nka kimwe mu biryo gakondo by'abanyarwanda byaganuwe
Inyama z'ubwoko butandukanye zidatekeshejwe amavuta nibyo byifashishijwe
Imyumbati yumye iri mu byaganuwe
Amafunguro ya Kinyarwanda arimo intagarasoryo n'imigati yakozwe mu binyampeke nyarwanda, byaganuwe muri uyu muhango
Inombe iri mu biryo nyarwanda byasogongewe muri ibi birori
Inzobere mu guteka amafunguro ya Kinyarwanda, Ngayaboshya Emmanuel (Chef Emma) asobanura ubwoko bw'amafunguro ya Kinyarwanda yifashishijwe muri uyu muhango
Intore y'Itorero Intayoberana ica umugara
Iyi ni imwe mu myambaro yambarwaga n'ingimbi n'abangavu mu bihe byo hambere
Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana yashimye akazi gakorwa n’Inteko Izirikana
Umuyobozi w'Inteko Izirikana, Murekeyisoni Kalisa Sylvie yavuze ko bajya gushinga uwo muryango, babonaga ko umuco, ururimi n’amateka by’u Rwanda ari inkingi ya mwamba mu kongera kubaka umuryango nyarwanda
Uwacu Julienne (iburyo) na Kayishema Jean Marie Vianney bari mu bakurikiranye uyu muhango
Intebe y'Inteko y'Umuco, Robert Masozera ubwo yari akurikiranye uyu muhango w'imyaka 20 Inteko Izirikana imaze ibayeho
Muganga Rutangarwamaboko ubwo yaruraga ibiryo bitetse Kinyarwanda byakirijwe abitabiriye uyu muhango
Hahembwe abagiye bagira uruhare mu gusigasira umuco n'amateka by'u Rwanda
Hagaragajwe uburyo imyambarire yagiye ihinduka mu mateka y'u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .