00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikigo kizafasha urubyiruko kubyaza umusaruro umuco n’umurage

Yanditswe na Ferdinand Maniraguha
Kuya 21 August 2022 saa 01:34
Yasuwe :

Inteko y’Umuco ku bufatanye n’Umuryango Ushinzwe kubungabunga umutungo mu by’umuco n’umurage (International Centre for the Study of the Preservation and Restoration of Cultural Property (ICCROM, bagiye gutangiza ikigo gishinzwe guteza imbere umurage n’umuco by’u Rwanda, bikabyarira inyungu ababikora.

Iki kigo kizaba cyitwa The Rwanda Heritage Hub, cyitezweho gufasha urubyiruko kumenya amateka , umuco n’umurage by’u Rwanda bikifashishwa mu guhanga imirimo no kurushaho kubibungabunga.

Umuhango wo gutangaza iby’ibanze kuri iki kigo gishya wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Kanama ku cyicaro cy’Inteko y’Umuco giherereye mu mujyi wa Kigali, ahazwi nko ku Ngoro Ndangamurage yo kwa Richard Kandt.

U Rwanda rubaye igihugu cya kane muri Afurika gishinzwemo iki kigo nyuma ya Sénégal, Afurika y’Epfo na Kenya.

Umuyobozi Mukuru w’Inteko y’Umuco, Ambasaderi Robert Masozera yabwiye IGIHE ko iki kigo kije gufasha u Rwanda kuziba icyuho cyari kiri mu kwigisha urubyiruko amateka, umuco n’umurage no kubibyaza umusaruro.

Ati “Twaje kubona icyuho hagati y’umurage, amateka umuco n’urubyiruko. Iyo urebye usanga hari icyo cyuho, baragiye batora imico y’ahandi, bagenda bigana iby’ahandi birabakurura noneho usanga umurage nyarwanda nta kintu bawubyazamo umusaruro kandi ukungahaye.”

Yakomeje agira ati “Twararebye duti aho kugira ngo tujye tumurika ibintu byiza mu ngoro z’umurage, tugire ibitabo byiza mu masomero, ibi bintu uwazana urubyiruko tukabibatoza ariko hejuru yabyo tukanabigisha uburyo bwo guhanga imirimo noneho imishinga myiza tukajya tuyihemba? Ni uko igitekerezo cyavutse.”

Uyu mushinga ni igerageza ry’imyaka ibiri, ibizavamo akaba aribyo bizashingirwaho ukwirakwizwa hirya no hino.

Umwihariko w’ikigo kigiye gutangizwa mu Rwanda, ni uko kizajya kibanda ku murage n’umuco by’u Rwanda ariko hifashishijwe ikoranabuhanga.

Ati “Urubyiruko ruzajye ruza rwige, bahirirwe bigishwe ariko nibarangiza bajye mu nzu ndangamurage, bajye mu masomero, bahure n’abahanzi. Nyuma yaho tubabwire duti mugende muzane imishinga myiza itsinda ihabwe igihembo.”

Nzabonimpa Théodore, Umuyobozi wa sosiyete Beyond The Gorillas Experience itanga serivisi z’ubukerarugendo bushingiye ku muco, yavuze ko biteze byinshi kuri iki kigo gishya.

Ati“Iki kigo kije nk’igisubizo mu kongera amahugurwa mu rubyiruko. Ni amahugurwa yo kumenya umurage wacu, ese twabubyaza umusaruro gute umusaruro mu buryo bwimbitse birenze uko byakorwaga mu Rwanda? Iki kigo kizadufasha no kumenyekanisha ahantu hagera muri 500 hari mu gihugu hashingiye ku murage. Bizatwongerera kandi ba mukerarugendo baba abanyarwanda, abanyamahanga n’abava ahandi kuko noneho tuzaba tubonye amakuru ya nyayo.”

Umurage n’umuco by’u Rwanda bifite amahirwe yo kubyazwa umusaruro harimo nk’ururimi rw’Ikinyarwanda, imbyino gakondo nk’imihamirizo, imishayayo, imishagiriro, ikinimba, ikinyemera, ibindi nk’ububoshyi, amafunguro n’ibindi.

Biteganyijwe ko uyu mushinga mu gihe cy’imyaka ibiri uzashorwamo Miliyoni 280 Frw.

Masozera yavuze ko iki kigo kizafasha u Rwanda kubungabunga no kubyaza umusaruro umurage, umuco n'amateka
Umwe mu bakozi ba ICCROM wari waje mu myiteguro ibanziriza gutangiza ku mugaragaro iki kigo gishya mu Rwanda
Umuyobozi Wungirije w'Inteko y'Umuco, Uwiringiyimana Jean Claude ni umwe mu bari bitabiriye uyu muhango
Hagaragajwe ko urubyiruko rw'u Rwanda ruzungukira cyane muri iki kigo gishya
Iki kigo gishya kizakorera ahari ingoro y'umurage yo kwa Richard Kandt mu mujyi wa Kigali
Umunyarwenya Ntarindwa Diogène uzwi nka Atome cyangwa Gasumuni, ni umwe mu bari bahari
Habaye ikiganiro mpaka kigaruka ku kubyaza umusaruro umuco n'umurage by'u Rwanda, by'umwihariko ku rubyiruko
Turahirwa Moses washinze inzu y'imideli ya 'Moshions' ni umwe mu batanze ikiganiro
Turahirwa Moses asobanura isano iri hagati y'imyambaro bakora n'umurage w'u Rwanda

Amafoto: Shumbusho Djasiri


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .