BBC yatangaje ko nta gihindutse, iryo tegeko rizatorwa mu cyumweru gitaha.
Mu gihe ryaba ryemejwe, rizatangira gukurikizwa haba ku benegihugu ndetse n’abanyamahanga baba muri Indonesia.
Biteganyijwe ko urukiko ruzajya rwakira ikirego cy’ubusambanyi mu bashakanye mu gihe umwe muri bo ari we wijyaniye ikirego.
Icyakora, itegeko ryemera ko ababyeyi b’umuntu utarashaka bemerewe nabo kumujyana mu nkiko mu gihe bafite ibimenyetso by’uko yasambanye.
Kubana abantu batarasezeranye mu mategeko nabyo ntabwo byemewe, uzabifatirwamo ashobora guhabwa igihano cy’amezi atandatu.
Abatunzwe na serivisi z’ubukerarugendo bagaragaje impungenge kuri iryo tegeko kuko rishobora kugabanya umubare w’abantu basuraga icyo gihugu.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!