00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya: Abapolisi bafunze abasirikare, bagenzi babo bagaba igitero cyo kubabohoza

Yanditswe na IGIHE
Kuya 18 April 2024 saa 02:55
Yasuwe :

Muri Kenya hakomeje kuvugwa inkuru yo kutumvikana hagati y’abapolisi b’iki gihugu n’abasirikare, kwatumye Polisi ya Kenya ifunga abagize ingabo bane, bagenzi babo bakagaba igitero cyo kubabohoza.

Ibi byabereye kuri bariyeri iri hafi n’agace ka Turkana mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba, ku wa Gatatu tariki 17 Mata 2024.

Amakuru dukesha The Nation avuga ko iki kibazo cyavutse ubwo abasirikare bane bari bagiye kuvoma bakoresheje imodoka, bageze kuri iyi bariyeri bahasanga umupolisi.

Uyu mupolisi yarabahagaritse, aba basirikare bamubwira ko ari kubakereza. Bahise bamusaba gupfukama, undi arabyanga.

Aba basirikare bahise bamwaka imbunda barasa mu kirere ubundi bikomereza urugendo. Bamubwiye ko niba ashaka imbunda ye araza kubasanga mu kigo cya gisirikare kiri ahitwa Loturerei.

Uyu mupolisi yahise atabarwa na bagenzi be benshi, baje barasa mu kirere ndetse bata muri yombi ba basirikare bose uko ari bane, babajyana kubafungira kuri sitasiyo ya polisi ya Lodwar.

Ibintu byarushijeho gufata indi ntera ubwo abasirikare barenga 10 bagabaga igitero kuri iyi sitasiyo ya polisi bashaka kubohoza bagenzi babo. Abayobozi b’igipolisi n’ab’igisirikare bahise bitambika batangira gukemura iki kibazo banyuze mu biganiro.

Amakuru yizewe avuga ko aba basirikare bagifunze, aho bashobora gukurikiranwaho ibyaha by’ubujura n’urugomo.

Amakuru yizewe avuga ko aba basirikare bagifunze, aho bashobora gukurikiranwaho ibyaha by’ubujura n’urugomo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .