00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ku Isi hashobora kuvuka inyanja nshya- Ubushakashatsi

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 17 April 2024 saa 10:51
Yasuwe :

Abahanga mu bumenyi bw’Isi, bavuga ko kwaguka kw’agace kazwi nka ‘Afar Triangle’, biri mu bishobora gutuma ku Isi havuka inyanja ya gatandatu mu myaka iri hagati ya miliyoni eshanu n’icumi iri imbere.

Aka gace ni ubutaka bwiyashije imitutu minini cyane buri mu ihuriro ry’ibihugu byo mu ihembe rya Afurika bya Eritrea, Ethiopia na Djibouti, bitewe no gutandukana kw’ibitare biri munsi y’ubutaka bizwi nka ‘tectonic plates’. Iyi mitutu ifite uburebure bwa kilometero 56.

Mu busanzwe ku Isi hari inyanja eshanu arizo Pacific, Atlantic, Indian, Arctic, na Antarctic. Ibyagaragajwe n’aba bahanga mu bijyanye n’ubumenyi bw’Isi, bisobanuye ko inyanja ya gatandatu ishobora kuvukira muri Afurika y’Iburasirazuba.

Mu gihe ibi bibaye impano, Umugabawe wa Afurika wazacikamo ibice bibiri hanyuma inyanja nshya ikirema ikomotse ku iy’Umutuku n’iy’u Buhinde.

Afurika ni uku izaba imeze mu gihe havuka inyanja nshya
Ubutaka buhuza Eritrea, Ethiopia na Djibouti bwiyashije imitutu miremire cyane bikaba bivugwa ko ariho hashobora kuba intandaro y'ivuka ry'inyanja ya gatandatu ku Isi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .