00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubuyobozi bw’i Amsterdam bwahagaritse kubaka amahoteli kubera gutinya ba mukerarugendo benshi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 18 April 2024 saa 04:23
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Amsterdam mu Buholandi bwatangaje ko butazongera kwemerera abantu kuzamura inyubako nshya zigenewe amahoteli, mu rwego rwo kwirinda umubare munini w’ibikorwa by’ubukerarugendo ushobora kurenga ubushobozi bw’uyu mujyi.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Ubwami bw’u Buholandi rivuga ko “dushaka gukomeza kugira uyu mujyi ahantu heza ho kuba haba ku bawutuye na ba mukerarugendo. Ibi Bivuze ko nta mubare munini wa ba mukerarugendo na hoteli nshya.”

Iki cyemezo cy’Umujyi wa Amsterdam kivuga ko hazajya hubakwa hoteli nshya igihe hari imwe yafunzwe, gusa bugatanga icyizere ko iki cyemezo kitareba imishinga yo kubaka hoteli yamaze guhabwa impushya.

Iki cyemezo gifashwe nyuma y’igihe u Buholandi butangije gahunda igamije kugabanya umubare w’abasura Amsterdam buri mwaka, ni nyuma y’uko mu 2021 yasuwe n’abarenga miliyoni 18.

Amsterdam ni umwe mu mijyi isurwa n’umubare w’abantu benshi ku Isi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .