00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urubyiruko rwavutse mu myaka ya 2000 rwibasiwe n’agahinda -Ubushakashatsi

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 10 April 2024 saa 07:24
Yasuwe :

Ubushakashatsi buherutse gukorerwa muri Amerika, bugaragaza ko abato mu rubyiruko rw’icyo gihugu bari hagati y’imyaka 12 kugeza kuri 26 bazwi ku izina rya ‘Gen Z, ari bo batishimye ukurikije uko byari bimeze ku biragano byababanjirije, ubwo byari biri mu myaka nk’iyabo.

Ubwo bushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Abanyamerika gikora ubusesenguzi n’ubujyanama ku miterere y’umurimo no gucunga abakozi mu bigo bitandukaye (GALLUP) ku bufatanye n’Umuryango Walton Family Foundation. Bwakorewe ku rubyiruko rusaga 2000 ruri mu kigero cy’iyo myaka.

Abakoze ubu bushakashatsi bagaragaje ko bimwe mu byo urwo rubyiruko rufata nko kubaho wishimye ari ugusinzira neza ndetse no kumva ko kubaho kwabo gufite intego cyangwa icyo kugamije.

Mu bindi byagaragajwe nk’icyo bita kwishima kuri bo, ni ukubasha kubona ibyangombwa by’ibanze nkenerwa mu buzima.

Ubu bushakashatsi kandi bwatangajwe hashingiwe ku byavuye mu bugenzuzi bune butandukanye bwakozwe ku rubyiruko rwo muri ‘Gen Z’.

Bugaragaza ko nubwo hafi 75% by’urubyiruko rwo muri icyo cyiciro muri Amerika rwemeza ko rujya rugira ibyishimo ku kigero runaka, bikomeza kuyoyoka bikabije uko rusatira ikigero cyo kuba abantu bakuru.

Hrynowski kandi avuga ko ubu bushakashatsi bwagaragaje ko abo mu rubyiruko rwa Amerika bari hagati y’imyaka 18 na 26 ari bo benshi bari inyuma mu kubona ko ubuzima bwabo ari bwiza, ugereranyije n’uko abo mu biragano byababanjirije babubonaga bakiri muri iyo myaka.

Benshi mu rubyiruko rufite munsi y'imyaka 26 bagaragaje ko nta byishimo bakigira

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .