00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ngabonziza yiyemeje kubyaza umusaruro amabuye y’urugarika akayakoramo amakaro

Yanditswe na Ferdinand Maniraguha
Kuya 29 July 2019 saa 05:23
Yasuwe :

Umwaka urashize Ngabonziza Alex atangije umushinga wo gutunganya amakaro ayakuye mu mabuye azwi nk’Urugarika aboneka mu Karere ka Kamonyi, akaba akunze kwifashishwa mu gutaka inzu.

Ubusanzwe ayo mabuye aboneka ku bwinshi mu murenge wa Rugalika, yifashishwaga cyane muri ako gace ndetse no mu mujyi wa Kigali ku bashaka kuyubakisha bataka inzu zabo.

Kubera uburyo asa neza kandi akaba arambutse cyane bitandukanye n’andi mabuye, abayakoresha bavuga ko atuma inzu ikomera kandi ikagaragarira neza uyireba.

Ni amabuye acukurwa mu birombe bitandukanye muri Kamonyi, mbere akaba yaragurishwaga habazwe ku modoka aho imodoka imwe ya fuso ishobora kugura hagati ya 80 000 Frw n’ibihumbi ijana.

Ngabonziza wize ibijyanye n’ubwubatsi mu mashuri yisumbuye, yabonye ko ayo mabuye yongerewe agaciro ashobora kurushaho kubyazwa umusaruro, atangiza uburyo bwo gukoramo amakaro .

Ngabonziza usanzwe akora ibijyanye no gucukura amabuye mu birombe byo mu karere ka Kamonyi, ubu afite imashini iconga neza ikanakata ayo mabuye ku buryo uyashaka ayatwara ahita ayubakisha kandi hakurikijwe ibipimo bizwi, bitandukanye na mbere.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE yagize ati “Ni umwimerere. Nta bindi bintu bivanzemo. Ariya makaro yandi hari ubwo baba bavanzemo ibindi binyabutabire akanyerera ku buryo atura abantu hasi ariko aya yacu ntabwo anyerera. Akomeza inzu , ntabwo inzu ishobora kwinjiramo amazi uko yiboneye ngo ibe yagwa.”

Yakomeje agira ati “Mbere abandi ntabwo bayakataga, bakoreshaga inyundo none twe dukoresha imashini. Turayoza agasigara anyerera. Tuyashakira ubwiza tukanayaha ingano ikwiriye.”

Ngabonziza avuga ko icyamuteye gutekereza kubyaza umusaruro amabuye aboneka iwabo, ari uko yagiye akorera sosiyete zitandukanye z’ubwubatsi akabona byinshi mu bikoreshwa biva hanze, cyangwa rimwe na rimwe hakazamo no kumwambura ahitamo kwihangira umurimo.

Kuri ubu afite abakozi 25 bahoraho barimo abacukura ayo mabuye mu birombe n’abandi bamufasha kuyatunganya ku buryo ashobora gupakirwa mu makarito.

Intego nuko mu myaka itanu iri imbere, uyu musore azaba afite uruganda rutunganya ayo mabuye y’urugarika, akavamo amakaro meza ashobora kugurishwa no hanze y’u Rwanda.

Mu murenge wa Rugalika hakunze kuboneka ibirombe bacukuramo amabuye yitwa urugarika
Ngabonziza yaguze imashini imufasha gukata amabuye
Ngabonziza arifuza ko mu myaka itanu iri imbere aya azaba afite uruganda rutunganya neza aya mabuye akavamo amakaro meza
Aya mabuye akunze kwifashishwa ku nzu bashaka kuyirinda ubukonje no kuyitaka
Bimwe mu bisigazwa nyuma yo gukuramo amakaro
Amakaro iyo amaze gukatwa, arozwa ku buryo asigara ameze neza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .